English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abacukuzi b’amabuye ya zahabu 36 bishwe n’inzara abandi 82 barazahaye cyane nyuma yo kuriduka.

Muri Afurika y’Epfo, mu gace ka Stilfontein, abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakora mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bari bamaze igihe baraheze mu kirombe cya zahabu, bahuriyemo n’ikibazo cy’inzara, bamwe bakigwamo barapfa ubu imirambo igera kuri 36 akaba ari yo imaze gukurwa muri icyo kirombe, naho abandi 82 barazahaye cyane ariko bo batabawe bakiri bazima.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu aho muri Afurika y’Epfo, yatangaje ko hakiri indi mirambo myinshi isigaye muri icyo kirombe itaravanwamo, n’abandi bacukuzi bakiri bazima bataratabarwa.

Ku wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, urukiko rwategetse Guverinoma ya Afurika y’Epfo gufasha mu bikorwa byo gushakisha abantu baheze munsi muri icyo kirombe, bivugwa ko ari kirekire cyane.

Amashusho yarekanywe n’abahagarariye amatsinda y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro, yagaragaje ko hakiri abacukuzi babarirwa mu magana menshi bakiri mu kirombe, ndetse n’indi mirambo myinshi itarazamurwa.

Ikinyamakuru Washington Post cyanditse ko mu kwezi k’Ugushyingo 2024, aribwo ubuyobozi bwa Afurika y’Epfo bwafashe icyemezo cyo gufunga amazi n’ibiribwa, kugira ngo bemere gusohoka muri icyo kirombe, kuko Polisi yagerageje kubasohoramo kenshi biranga biba iby’ubusa.



Izindi nkuru wasoma

Icyakurikiyeho nyuma yuko Perezida Trump asinye itegeko rikumira abakinnyi bihinduje ibitsina.

Ubwicanyi bukomeye i Nyamasheke: Xavier yarashwe nyuma yo kwica umugore we n’umuturanyi.

Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo ku gitutu cyo kwegura nyuma y’urupfu rw’abasirikare 14

Urubyiruko 33 rwahawe Miliyoni 170 Frw nyuma yo guhugurirwa mu mahanga.

M23 irakurikizaho iki nyuma yo gufata no kugenzura umujyi wa Goma muri DRC.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-15 13:46:56 CAT
Yasuwe: 74


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abacukuzi-bamabuye-ya-zahabu-36-bishwe-ninzara-abandi-82-barazahaye-cyane-nyuma-yo-kuriduka.php