English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Dore icyatumye indirimbo ya Bruce Melody na The ben idasohoka

Umusore utunganya indirimbo z’abahanzi batandukanye uzwi nka ‘Madebeats’ umwe mu bagize uruhare mu gukora indirimbo yari yahuje Bruce Melody na The ben yasobanuye byose byatumye iyi ndirimbo itajya ahagaragara.

Madebeats  usigaye wibera mu Bwongereza yavuze ko abo bahanzi bashatse gukorana indirimbo mu 2017 ariko bikarangira itarangiye.

Ati” Ubwo The Ben yari mu Rwanda yahamagaye Bruce Melody ngo aze bakorane  indirimbo ,undi yahise aza yihuse  ariko yatashye iyo ndirimbo itarangiye kandi ntiyakorwa.”

Yavuzeko ubwo Bruce Melody yari amaze kuhagera yasanze The Ben ari gukina Play Station na Zizou Alpacino, nibwo bahise bahamagara The ben ngo aze bakore indirimbo,ariko ubwo bari bageze muri Studio The ben yumvise atabikunze maze asubira gukina.

Nyuma yuko umushinga wa mbere ujemo ibibazo batangiye undi mushinga wa kabiri,ubwo bari bawugeze hagati Bruce Melody yibajije impamvu The Ben ataza kugirango bafatanye yabifashe nkaho ari agasuzuguro maze ahita nawe abivamo.”

Ati” Bruce Melody yasohotse muri Stidio abwira The  Ben ko ananiwe ko bazaba bakorana ubwo nibwo umushinga wa kabiri nawo wahise uhagarara.”  

Indirimbo yagombaga gukorwa byarangiye idakozwe bitewe nuko abahanzi bombi batabashije kumvikana



Izindi nkuru wasoma

Barack Obama yashize hanze urutonde rw'indirimbo zamunyuze mu mpeshyi ya 2024

Dore icyatumye Muhadjiri yifatira kugahanga abafana ba APR FC

Guverinoma ya 2017-2024 isigaranye 9% gusa by'abatangiranye nayo,dore ibindi byayiranze

Gucuranga indirimbo ya Sudani mu cyimbo cy'iya Sudani y'Epfo byafashwe nk'agasuzuguro

VAVA wamamaye nka Dore imbogo yaguye ku Kibuye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-03-04 16:19:22 CAT
Yasuwe: 185


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Dore-icyatumye-indirimbo-ya-Bruce-Melody-na-The-ben-idasohoka.php