English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

FARDC irigamba kwirukana M23 mu bice bimwe byo muri Kivu ya Ruguru

Mu mirwano ikaze yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 18 Gicurasi yarangiye ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo FARDC zigamba kuba zirukanye M23 mu bice bimwe byo muri Kivu ya Ruguru.

FARDC itangaza ko yigaruriye ibice byo muri Teritwari ya Masisi  ndetse n'ibindi bice biri ku misozi ya Misinga na Ibuga byo muri Masisi.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko guhera ku wa Kane kugeza ku wa Gatandatu w'icyi cyumweru mu bice bya Mweso habaye imirwano ikaze cyane  yahanganishize M23 n'ihuriro ry'ingabo za Leta na Wazalendo.

Andi makuru avuga ko ibice bya Kibilizi na Rwindi bikiri mu maboko y'umutwe wa  M23.

Gusa umuvugizi wa M23 Lt Col Willy Ngoma yavuze ko ibyavuzwe  ari ibinyoma ubutegetsi bwa Kinshasa bumaze igihe bwarashize imbere.

Ati"Nyuma yo guhura n'ibibazo ku miringo yose y'urugamba guverinoma ya Tshisekedi yahisemo ingamba z'akaduruvayo yica abaturage bayo ndetse n'ingamba zo kubeshya nk'ibya Kibilizi na Vitshumbi."'

Kugeza ubu FARDC ivuga ko igamije gukuraho burundu M23 ikava ku butaka bwayo ndetse ikaba idahwema kuvuga ko uyu  mutwe ugenzurwa ndetse ugaterwa inkunga n'u Rwanda gusa u Rwanda narwo rukomeza guhakana ibyo FARDC iruvugaho.



Izindi nkuru wasoma

ITANGAZO RYA CYAMUNARA UMUTUNGO URI BURERA MURI RUREMBO

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHERERE RUREMBO MURI BURERA

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE RUHANGO MURI RUSTIRO

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UHEREREYE CYABARARIKA MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA III UMUTUNGO UHEREREYE BUSASAMANA MURI RUBAVU



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-05-19 02:37:00 CAT
Yasuwe: 203


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/FARDC-irigamba-kwirukana-M23-mu-bice-bimwe-byo-muri-Kivu-ya-Ruguru.php