English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Gakenke:Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’amasaha 10 wafunzwe n’inkangu

Umuhanda Gakenke- Musanze wongeye kuba nyabagendwa nyuma yuko Polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko uyu muhanda wafunzwe n’inkangu guhera saa sita z’ijoro zo kuwa 30 Mutarama 2024 bigatuma abawukoresha baba bahagaritse ingendo.

Iyo nkangu yabereye mu Murenge wa Nemba Mu karere ka Gakenke ahitwa Buranga mu muhanda uhuza Musanze na Kigali.

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SP Emmanuel Gahigi yatangarije Kigali Today ko uyu muhanda wongeye kuba nyabagendwa nyuma yuko hakozwe ibikorwa byo kuwutunganya ubu ibinyabiziga bikaba bishobora gutambuka.

Uyu muhanda wari wafunze urujya n’uruza rw’ibinyabiziga bikoresha uyu muhanda kuko imodoka ziva i Musanze zerekeza i Kigali ndetse n’iziva i Kigali zerekeza i Musanze zari zabuze uburyo zitambuka.



Izindi nkuru wasoma

DRC: Perezida Tshisekedi kera kabaye avuze ikihishe inyuma y’imfungwa zapfiriye muri Makala.

Musonera Germain wari ugiye kuba umudepite yafunzwe

Gen Muhoozi aratabariza Umudepite uri muri gereza wazize kuba amushigikiye

Niba ushaka kumva ko aremereye agomba kubanza wuzuza ishingano-Perezida Kagame

Dr Edouard Ngirente yashimye Perezida Kagame wongeye kumugirira icyizere



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-01-30 10:18:49 CAT
Yasuwe: 166


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/GakenkeUmuhanda-wongeye-kuba-nyabagendwa-nyuma-yamasaha-10-wafunzwe-ninkangu.php