English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Goma haratemba ituze - Umunyapolitiki w’Ubudage yatangaje uko yasanze ibintu byifashe

Fahrenholtz, wigeze guhagararira igihugu cy’u Budage mu Rwanda no mu bindi bihugu, yatangaje ko yanyuzwe n’ituze, isuku n’umutekano yasanze mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho amaze iminsi atembera.

Uyu muhanga mu mibanire mpuzamahanga uri gusura Intara ya Kivu ya Ruguru, yavuze ko yageze mu bice byinshi by’uyu mujyi wa Goma, akahasanga ubuzima busanzwe bwifashe neza, ibigaragaza ko hari amahoro n’umutekano.

Mu butumwa yashyize kuri X kuri uyu wa Kabiri, yagize ati: “Nagendagenze mu bice hafi ya byose by’uyu Mujyi, ariko nta kimenyetso na kimwe cy’ibyugarije abaturage nahabonye. Imihanda yuzuye urujya n’uruza rw’abantu benshi, kandi urababonana akanyamuneza banatekanye.”

Yanasuye Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Manzi Willy, wamugejejeho ibisobanuro ku mpamvu umutwe wa M23 ukomeje urugamba, avuga ko urengera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bahohoterwa bakanavutswa uburenganzira.

Peter Fahrenholtz yavuze ko yabonye ibikorwaremezo bikora neza mu Mujyi wa Goma, harimo amashuri na kaminuza zasubukuye amasomo, amaduka acuruza ibiribwa n’ibitumizwa hanze yuzuye, ndetse n’amazi n’amashanyarazi bigezwa hose amasaha 24 kuri 24.

Yakomeje ati: “Imihanda icanirwa nijoro, nta myanda ihari. Abapolisi barakora akazi neza, ibyaha na ruswa bigaragara ko byagabanutse cyane.”

Yageze no ku mupaka wa La Corniche uhuza Goma na Gisenyi mu Rwanda, aho yasanze ukora neza nta nkomyi. Yagize ati: “Niboneye abagore bambuka binjira muri Goma saa tatu z’ijoro. Nabonye amakamyo 11 ya WFP n’ay’Imiryango Itari iya Leta yambuka uwo mupaka nta mbogamizi.”

Ibi byose yabibonye habura ibyumweru bibiri ngo uyu mujyi wuzuze amezi atatu uri mu maboko y’Ihuriro AFC/M23, cyafashe Goma mu mpera za Mutarama 2025.

Uyu munyapolitiki w’Ubudage yasize ashimangiye ko ibyo yabonye i Goma bigaragaza intambwe mu kugarura amahoro no gushyiraho imiyoborere igendera ku mategeko.



Izindi nkuru wasoma

Goma: General Nyitetesia apfanye amabanga akomeye

NESA yatangaje uko abiga mu mashuri yisumbuye bazasubira ku masomo

Goma haratemba ituze - Umunyapolitiki w’Ubudage yatangaje uko yasanze ibintu byifashe

Uko umutekano wifashe i Goma nyuma y’urusaku rw’imbunda ziremereye zaraye zumvikanye yo

Ibyihishe inyuma y’urupfu rw’umwana w’imyaka 15 i Ngoma



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-15 15:43:44 CAT
Yasuwe: 19


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Goma-haratemba-ituze--Umunyapolitiki-wUbudage-yatangaje-uko-yasanze-ibintu-byifashe.php