English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibyihishe inyuma y’urupfu rw’umwana w’imyaka 15 i Ngoma

Abantu 11 bafashwe bashyikirizwa Sitasiyo ya Polisi ya Kibungo, bakaba barimo gukorwaho iperereza ku rupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa ROVIZASI Divine wigaga mu mwaka wa Gatatu w’amashuri yisumbuye ku kigo cya GS Gahurire giherereye mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.

Uwo mukobwa, se yamwohereje gushaka ubwatsi bw’inka mu masaha ya saa cyenda z’amanywa (15h00) ku wa gatanu tariki 11 Mata 2025, amubwira ko atebuka kugira ngo asigare ku rugo, se abone uko ajya ku rusengero, se arategereza ko agaruka aramubura nibwo yafashe icyemezo cyo kujya kumushaka, abonye saa kumi n’imwe (17h00) zigeze akomeza gushakisha afatanyije n’umugore we, amubona saa moya na makumyabiri (19h20) basanga umwana yapfuye bamugeretseho ibuye bicyekwa ko mbere yo kumwica babanje ku musambanya.

Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku rupfu rw’uyu mukobwa.



Izindi nkuru wasoma

Kamonyi:Abantu 5 bakekwaho kwica umusore w’imyaka 24 batawe muri yombi

Umwana w’imyaka 16 gusa,yerekanye impano idasanzwe yegukana umudari wa Silver

Ese koko birakwiye ko uwaguciye inyuma aterwa imijugujugu nk’umwanzi?

Uko umukobwa w’imyaka 12 utunzwe no kwigurisha ku bagabo mu mihanda ya Kigali

Yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore wapfiriye iwe mu buryo butavugwaho rumwe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-12 15:15:39 CAT
Yasuwe: 309


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibyihishe-inyuma-yurupfu-rwumwana-wimyaka-15-i-Ngoma.php