English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Icyifuzo gishya cyatanzwe ku Rwanda: Ingabo za SADC zasabye kunyura i Kigali mu rugendo rwo gutaha

Guverinoma y’u Rwanda yamenyeshejwe icyifuzo cy’uko yasubiza neza ubusabe bwo korohereza Ingabo za SADC zari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ngo zibashe gutaha zinyuze ku butaka bwayo.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Mata 2025 n’ikinyamakuru The New Times, cyavuze ko cyabihamirijwe n’umwe mu bayobozi bakuru. Uwo muyobozi yagize ati: “Iyi ni intambwe nziza ijyanye n’uruhare rwa Afurika mu biganiro bigamije amahoro arambye mu karere. Gutaha kw’izi ngabo ku buryo bw’ubucuti ni ikimenyetso cy’ubwumvikane.”

Izi ngabo zari zoherejwe mu burasirazuba bwa RDC binyuze mu butumwa bwa SADC/SAMIDRC, ariko Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize SADC yateranye ku wa 13 Werurwe 2025 yanzuye ko zigomba guhita zicyurwa, bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo no kutumvikana n’impande zose zari zirebwa n’ubwo butumwa.

Ubusabe bwo kuzirihiriza urugendo rwazo rutaha bwanagarutsweho nyuma y’uko amasezerano yari amaze iminsi aganirwaho n’ubuyobozi bw’izi ngabo n’ubw’umutwe wa AFC/M23 – yerekanaga ko zagombaga kugenda zinyuze ku kibuga cy’indege cya Goma – yasaga n’atunguranye kuko cyari kitaratunganywa. Icyo cyemezo cyahise gihindurwa nyuma y’uko M23 ishinje izi ngabo kugira uruhare mu bitero byagabwe i Goma, ibintu SADC yahakanye yivuye inyuma.

Gutaha kw’izi ngabo zinyuze mu Rwanda, ni icyemezo cyagaragaje uburyo Leta y’u Rwanda ikomeje kugira uruhare mu guhosha amakimbirane, n’ubwo ibihugu byinshi bikomeje kubireba mu ndorerwamo zitandukanye.



Izindi nkuru wasoma

Imodoka ya RITCO yavaga i Rubavu ijya i Kigali yakoreye impanuka ikomeye i Kanyinya

Icyifuzo gishya cyatanzwe ku Rwanda: Ingabo za SADC zasabye kunyura i Kigali mu rugendo rwo gutaha

Visit Rwanda: Arsenal na PSG zigiye guhurira muri 1/2

Inzozi mbi z’abashaka gusubiza u Rwanda mu mwijima ntizizigera zigerwaho – Minisitiri w’Ingabo

U Rwanda mu rugendo rwo kwigarurira isoko Mpuzamahanga: UAE yonyine yinjije Miliyari 1.55$



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-17 11:28:43 CAT
Yasuwe: 85


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Icyifuzo-gishya-cyatanzwe-ku-Rwanda-Ingabo-za-SADC-zasabye-kunyura-i-Kigali-mu-rugendo-rwo-gutaha.php