English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Kagame yakiriye Dr. Akinwumi wayoboye Banki Nyafurika Itsura Amajyambere

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Akinwumi Adesina wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), uri mu Rwanda mu nama yiga ku isesengura ry’Ubukungu bw’Isi.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko “muri iki gicamunsi muri Urugwiro Village, Perezida Kagame yakiriye Dr. Akinwumi Adesina, Perezida ucyuye Igihe wa Banki Nyafurika itsura Amajyambere.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ivuga ko Dr. Akinwumi Adesina ari mu Rwanda yitabiriye Inama Ngarukamwaka izwi nka Annual Conference on Global Economic Analysis, yiga ku isesengura ry’Ubukungu bw’Isi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bikomeza bivuga ko Perezida Kagame na Dr. Akinwumi Adesina bagiranye ikiganiro “kibanze ku mikoranire ibyara inyungu hagati y’u Rwanda na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, ndetse n’imikoranire myiza mu nzego z’ingenzi ku buyobozi bwa Dr. Akinwumi Adesina.”

Dr. Akinwumi Adesina, Umunya-Nigeria wabaye Perezida wayoboye (AfDB) akarangiza manda ze ebyiri, yabonye umusimbura mu mpera z’ukwezi gushize, ari we Umunya-Mauritanie Sidi Ould Tah watorewe mu nama ngarukamwaka y’iyi Banki yabereye i Abidjan muri Côte d’Ivoire.



Izindi nkuru wasoma

Perezida Kagame yakiriye Dr. Akinwumi wayoboye Banki Nyafurika Itsura Amajyambere

Perezida Kagame yahuye n’uwahoze ayobora Nigeria

Uko Perezida Ndayishimiye akomeje kugambanira u Rwanda aha indaro abashaka kurusenya

Perezida Paul Kagame yatangiye urundi ruzinduko mu kindi gihugu gikomeye ku Isi

Ibyo Perezida Donald Trump yasubije nyuma yo kubazwa niba azababarira P Diddy



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-06-26 15:43:24 CAT
Yasuwe: 30


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Kagame-yakiriye-Dr-Akinwumi-wayoboye-Banki-Nyafurika-Itsura-Amajyambere.php