Rutsiro: Muri bane bagwiriwe n’igisimu bacukura amabuye umwe yahasize ubuzima
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 5 Werurwe 2025, mu Karere ka Rutsiro, haravugwa impanuka yatewe n’igisimu cyagwiriye abantu bane bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, umwe ahasiga ubuzima, undi akomereka bikomeye.
Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Muyira, Akagari ka Muyira mu Murenge wa Manihira, mu isambu y’uwitwa Ntibakunze Abizeyimana w’imyaka 52, uherutse kujyanwa mu kigo kinyuzwamo abantu by’igihe gito cya Murunda, nyuma yo kugirwaho amakenga n’ubucukuzi bukorerwa ku butaka bwe butemewe n’amategeko.
Nk’uko byatangajwe na Nzaramba Kayigamba Felix, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Manihira, abantu bane nibo bari barimo bacukura ubwo igisimu cyabagwiriye. Muri bo, Nsanzimpfura François w’imyaka 42 yahise yitaba Imana, mu gihe Nshimiyimana Patrice w’imyaka 25 yakomeretse ku kaboko, ubu akaba ari kwitabwaho n’abaganga ku kigo nderabuzima cya Rutsiro. Abandi babiri barokotse ntibamenyekanye imyirondoro.
Yagize ati: “Bari bacukura ahantu hatemewe kandi hatari mu mbago zemewe n’amategeko. Twongera kwibutsa abaturage ko ubucukuzi bugomba gukorwa n’ababifitiye uburenganzira. Turabasaba kujya gushaka akazi muri kampani zifite ibyangombwa aho kwishora mu bucukuzi bw’akajagari buteza impanuka.”
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Murunda kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.
Akarere ka Rutsiro kazwiho kuba gafite amabuye y’agaciro menshi, by’umwihariko mu mirenge nka Manihira, aho benshi mu baturage bagaragaza ko ubucukuzi ari bwo soko y’imibereho yabo ya buri munsi. Ibi bituma bamwe birengagiza amategeko, bagashora ubuzima bwabo mu bucukuzi butemewe.
Iyi mpanuka yongeye gusiga isomo rikomeye ku bijyanye n’umutekano mu bucukuzi, ndetse inahishura icyuho mu gukurikirana ahakorerwa ibikorwa bitemewe mu nzego z’ibanze.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show