English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuhanzi nyarwanda Gabiro Guitar ari mu gahinda gakomeye ko gupfusha se umubyara, ababazwa nuko agiye  atamusezeye ngo amubwire ijambo rya nyuma.

Ni inkuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 5 Ukuboza 2022, ubwo Gabiro yabitangazaga abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga ze nka Twitter na Instagram.

Gabiro Guitor akaba yavuze ko se apfuye atamusezeye ati “Ruhukira mu mahoro  papa, unsize mu gahinda, nakifuje ko uba wasize unsezeye. Ruhukira mu mahoro mubyeyi.”

Gabiro Guitar akaba yavuze ko azahora azirikana ibihe byize bagiranye, nubwo agiye atamubwiye ijambo rya nyuma.

Se wa Gabiro Guitar akaba yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, aho amakuru yamenyekanye ari uko yari amaze igihe arwaye.

Gabiro Guitar ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kitari gito mu ruhando rwa muzika nyarwanda, yamenyekanye mu ndirimbo nka Byakubera, Kaka Dance, Karolina n’izindi.

Ni umwe mu bahanzi nyarwanda bitabiriye Tusker Project Fame , aho yitabiriye icyiciro cya kane. Akaba yaherukaga gushyira hanze umuzingo w’indirimbo “Album” yise Girishyaka.

 

yanditswe na Bwiza Divine



Izindi nkuru wasoma

Uganda:Umuhanzi Eddy Kenzo yagizwe umujyanama wa Perezida Museveni

Gatsibo:Umubyeyi yise umwana we Kagame nyuma yo gufatwa n'ibise ari mu cyumba cy'itora

Umuhanzi Celine Dion wari umaze igihe arwana n'ubuzima agiye kongera gutarama

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop yatanze kandidatire ku mwanya wa Perezida

Umuhanzi Nicki Minaj yafatanwe urumogi maze igitaramo yari afite gihita gisubikwa



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022-12-05 13:43:08 CAT
Yasuwe: 133


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzi-Gabiro-Guitar-yapfushije-umubyeyi.php