English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuhanzi Kevin Kade yasuye ahantu hakomeye cyane mu mateka y’u Rwanda.

Ikirangirire mu kuririmba indirimbo zitandukanye Kevin Kade n’itsinda ry’abamuherekeje, basuye Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, aho hitezwe ko agirana ibiganiro na ACP Ismael Baguma, Police Attaché muri Ambasade y’u Rwanda.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2024 nibwo Kevin Kade yasuye Ambasade y’u Rwanda agirana ibiganiro na ACP Ismael Baguma.

Mu kiganiro yagiranye n’ IGIHE, Kevin Kade, yavuze ko bimwe mu byo baganiriye birimo kurebera hamwe uruhare rw’Abanyarwanda batuye mu mahanga mu guteza imbere ubuhanzi.

Uyu muhanzi ahamya ko yasuye Ambasade y’u Rwanda muri Uganda mu rwego rwo kubatumira mu bitaramo ahafite ndetse anabamenyesha ibimugenza.

Ati “Nari ngiye gutumira Ambasade yacu mu bitaramo mfite inaha, byari iby’agaciro kuko batwakiriye neza. Uretse kubaha ubutumire twaganiriye tunarebera hamwe uruhare rukomeye rw’Abanyarwanda baba mu mahanga mu guteza imbere ubuhanzi no kumenyekanisha umuco wacu mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba no ku Isi yose muri rusange.”

Kevin Kade aratangirira ibitaramo bye ahitwa ‘Paradigm Kampala’ kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2024 mu gihe ku wa 8 Ugushyingo 2024 ahitwa ‘Noni Vie Club&Lounge’.

Ni ibitaramo bizaba bibanjirije icyo uyu muhanzi azakorera mu Mujyi wa Dubai ku wa 9 Ugushyingo 2024.



Izindi nkuru wasoma

SHYIRA SECTOR-NYABIHU:ITANGAZO RYO KUGEMURA IBIKORESHO BY’UBWUBATSI BIZAKORESHWA MU KUBAKA IBYUMBA

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA URI GAKENKE WAGURA KURI MAKE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE KAMUBUGA MURI GAKENKE

Ingabo z’u Rwanda muri MINUSCA zohereje impano y’ubumenyi ku banyeshuri ba Lycée Buganda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-11-07 10:09:58 CAT
Yasuwe: 557


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzi-Kevin-Kade-yasuye-ahantu-hakomeye-cyane-mu-mateka-yu-Rwanda.php