English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ibidukikije ari gukorwaho iperereza

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB , rwatangaje ko Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ibidukikije, Patrick Karera ari gukorwaho iperereza ku byaha akekwaho, ndetse hakaba hari gukorwa iperereza ryagutse kuri Minisiteri y’Ibidukikije n’ibindi bigo biyishamikiyeho. 

Dr.Murangira B Thierry,Umuvugizi wa RIB,  yavuze ko ibizava mu iperereza ari byo bizagena niba Patrick Karera azakorwaho iperereza  afunze cyangwa ari hanze. 

Dr Murangira, yijeje Abanyarwanda ko Urwego avugira rufite ubushobozi bwo gukora iperereza no gukurikirana buri wese ushobora gukora ibinyuranyije n’amategeko, bityo avuga ko icyiza ari ukwirinda kuyica.

Ati" RIB ifite inshingano zo gukurikirana buri wese utubahiriza amategeko, kandi ko ifite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa inshingano zayo. Udakurikiza amategeko wese, ukuboko k'ubutabera kuzamugeraho." 

Ibi bibaye mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane hasohotse itangazo ryirukana ,Dr Jean d'Arc Mujyawamariya  ku mirimo yari ashinzwe nka Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'umurimo (MIFOTRA) bikavugwa ko nawe hari ibyaha akurikiranweho.



Izindi nkuru wasoma

ITANGAZO RYA CYAMUNARA UMUTUNGO URI BURERA MURI RUREMBO

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHERERE RUREMBO MURI BURERA

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE RUHANGO MURI RUSTIRO

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UHEREREYE CYABARARIKA MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA III UMUTUNGO UHEREREYE BUSASAMANA MURI RUBAVU



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-07-25 15:20:03 CAT
Yasuwe: 93


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyamabanga-Uhoraho-muri-Minisiteri-yIbidukikije-ari-gukorwaho-iperereza.php