English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyarwenya Kamaro agiye gusohora indirimbo yise ‘Ocean’

 

Umunyarwenya Kamaro umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga, agiye gusohora indirimbo yise Ocean.

Muri iyo ndirimbo uwo muhanzi aba avuga uburyo ari wenyine uzi gukoresha ingashya n’ubwato ndetse n’inshuti zikabimukundira akazizengurutsa aho zishaka.

Agira ati “Nijye Nigga ya mbere ikoza ingashya muri Ocean, nkozamo ukagira ngo ndimo kwirobera ntinya amazi kuko iteka ntwara nambaye ijile na bagenzi banjye biragoye kugira ngo bashire. Mba mfite commande ninjiye Taillande nibwo ngarutse Islande mpura n’abambuzi bari baje bifunze nk’abaranguzi, mu byo nibwe harimo na Pabuzi”.

Iyi ni indirimbo izasohoka iri kumwe n’amashusho yayo ikaba yarakozwe n’umuhanga mu gukora indirimbo, Sano Patrick uzwi nka Sano Panda.

Umwe mu bumvise iyi ndirimbo ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko bitangaje kuba abaririmbyi b’iki gihe basigaye baririmba ibintu bitumvikana, akenshi wumva biganisha ku busambanyi.

Yagize ati “Ariko se urubyiruko rw’ubu rwabuze inganzo ku buryo usanga bashishikajwe no kwandika ibintu bijya kumera nk’ubusambanyi?”

Iyi ndirimbo bayigereranya n’izindi zasohotse nka Ntiza, Amabiya, Ikinyafu, igare n’izindi, zigora guhita wumva ibisobanuro byazo.

 



Izindi nkuru wasoma

Abahanzi nka Riderman,Platin P, Bull Dog n'abandi benshi bagiye gutaramira ku Kivu

Riderman,BullDog,Platini na Danny Nanone bagiye gutaramira muri KIVU BEACH FESTIVAL RUBAVU NZIZA

Iburengerazuba:Abafite ibyabo byangijwe n'ibikowa bya WASAC bagiye guhabwa ingurane

Jenifer Lopez agiye gutandukana n'umugabo wa kane

Devis Manzi ukekwaho kuriganya Abanyarwanda asaga miliyoni 10$ agiye kuburanishwa



Author: Yves Iyaremye Published: 2021-08-31 15:31:00 CAT
Yasuwe: 294


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyarwenya-Kamaro-agiye-gusohora-indirimbo-yise-Ocean.php