English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.
Umuraperi Fireman yabonye abafatanyabikorwa mu muziki we


Ijambonews. 2020-08-08 09:11:22

Umuraperi Fireman wamenyekanye cyane mu itsinda rya Tuff Gangs yamaze kubona umufatanyabikorwa mu muziki we ari we Tacona media& Entertainment uzamufasha mu gihe cy’imyaka 3.

Iyi sosiyete isanzwe ikora ibikorwa bitandukanye birimo n’ubucuruzi, ariko ikagira na Tacoma Music ikora ibijyanye no gufasha abahanzi ibakorera indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho

. Kimwe na Fireman, ubuyobozi bw’iyi sosiyete ntibugaragaza ibikubiye mu masezerano bagiranye na Fireman, gusa bemeza ko ari ukuzamura umuziki w’uyu muhanzi muri rusange, yabona badakora ibyo bumvikanye bakaba basesa amasezerano.

Fireman avuga ko mbere kuko yakoraga umuziki yirwariza hari ibyo atashoboraga gukora, ariko ubu kuko yungutse imbaraga hari byinshi bagiye kumufasha, bazamufasha mu kumukorera indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho, kumenyeskanisha ibihangano bye no kumufasha mu buzima bwa buri munsi.



Izindi nkuru wasoma

Karongi yabonye umuyobozi mushya nyuma y’amezi 4 uwari Umuyobozi wako yeguye

Makoma yagarutse mu Muziki nyuma y’imyaka 21: Igitaramo gikomeye i Paris n’Album nshya

Hagaragaye ikindi cyaha gishya kiregwa umuraperi Sean Diddy Combs.

Agiye kugaruka mu muziki: Umwamikazi w’imbuga nkoranyambaga Songella ni muntu ki?

Kapiteni w’Amavubi, Djihad Bizimana yabonye ikipe nshya.



Author: Ijambonews Published: 2020-08-08 09:11:22 CAT
Yasuwe: 703


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
Umuraperi-Fireman-yabonye-abafatanyabikorwa-mu-muziki-we.php