English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umutekano ukomeje kuba ingume: Ibyaranze imirwano ikaze yabereye i Walikale

Umutekano ukomeje kuba ingume mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho imirwano ikaze yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe 2025 hagati y’umutwe wa M23 n’abarwanyi ba Wazalendo mu duce twa Shabunda na Mutakato, mu bilometero 27 uvuye ku mujyi wa Walikale.

Amakuru aturuka mu batuye muri aka gace yemeza ko n’ubwo M23/AFC yari yatangaje ko iri mu bikorwa byo kwimurira ingabo zayo ahandi, kugeza ubu igicumbi cy’uyu mutwe kiracyari i Walikale. Byongeye kandi, hari amakuru yemeza ko kuri uyu wa Mbere, uyu mutwe waba wongeye kwakira inkunga y’inyongera mu bikoresho bya gisirikare n’abarwanyi, binyuze ku ndege ebyiri zabashije kugwa ku kibuga cy’indege cya Kigoma.

Abasesenguzi ndetse n’abagize sosiyete sivile muri aka gace bakomeje gutunga agatoki iki gikorwa cya M23, bavuga ko bishobora gukomeza guteza umutekano mucye n’imvururu mu duce twa Walikale na Masisi.

Iki kibazo kibaye mu gihe ibiganiro bigamije gushaka amahoro muri aka karere bikomeje, aho impande zitandukanye zikomeje gusaba ko imitwe yitwaje intwaro yashyira hasi intwaro hagashakwa ibisubizo binyuze mu nzira ya dipolomasi.



Izindi nkuru wasoma

Meya Mutabazi yasaby urubyiruko kuba ku isonga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?

Imirwano ikaze i Kavumu: Inyeshyamba za Wazalendo zinjiye mu mujyi, M23 na FARDC byabayobeye

Uko umutekano wifashe i Goma nyuma y’urusaku rw’imbunda ziremereye zaraye zumvikanye yo

Ibyaranze Taliki ya 10 Mata 1994: Umunsi w’amaraso mu rugendo rwo kurimbura Abatutsi



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-24 18:41:07 CAT
Yasuwe: 72


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umutekano-ukomeje-kuba-ingume-Ibyaranze-imirwano-ikaze-yabereye-i-Walikale.php