English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda bari guhabwa amahugurwa ya VAR.

Mu rwego rwo kubafasha kugira ubumenyi ku Ikoranabuhanga ry’amashusho ryunganira abasifuzi, Video Assistant Referee (VAR), abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda, batangiye guhabwa amahugurwa kuri iri Koranabuhanga.

Mu minsi ishize, ni bwo hamenyekanye amakuru avuga ko Stade Amahoro yamaze kugezwamo ibikoresho by’ikoranabuhanga rya VAR ndetse biteganyijwe ko isuzuma rya ryo rizakorwa muri Gashyantare 2025.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, ni uko kuri uyu wa Gatanu abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda bose, batangiye guhabwa amahugurwa ya VAR azamara iminsi itatu. Ni amahugurwa ari kubera muri Stade Amahoro, agatangwa n’impuguke zaturutse muri FIFA.

Mu bari guhugurwa, harimo na Mukansanga Salima uherutse guhagarika gusifura hagati ariko agahitamo gushyira imbaraga mu kuba umusifuzi wa VAR.

Uretse kuba aya mahugurwa ari gutangwa n’impuguke za FIFA, na Ntagungira Céléstin uzwi nka Abega, ari mu bari gusangiza ubumenyi aba basifuzi.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda mu rugendo rwo kwigarurira isoko Mpuzamahanga: UAE yonyine yinjije Miliyari 1.55$

Abari indorerwamo y’umuco nyarwanda: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye impano zidasanzwe

Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Bruce Melodie yambariye urugamba rwo kwegukana igihembo kiruta ibindi muri Africa

U Bubiligi bwambariye urugamba muri Congo nyuma yo gutakarizwa icyizere n’u Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-24 22:45:07 CAT
Yasuwe: 117


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abasifuzi-mpuzamahanga-bAbanyarwanda-bari-guhabwa-amahugurwa-ya-VAR.php