English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abifuza kwiyamaza nk'abakandida bingenga ku mwanya wa Perezida barushijeho kwiyongera 

Kuri uyu wa Kane Komisiyo y'igihugu y'Amatora mu Kiganiro n'abanyamakuru yatangaje ko hari abantu umunanai basabye impapuro zibemerera kujya gushaka imikono mu turere kugirango nabo bemererwe guhatana ku mwanya wa Perezida mu matota ateganijwe muri Nyakanga uyu mwaka.

Komisiyo y'igihugu y'Amatora yatangaje ko usibye abo bantu umunani hari abandi bantu 41 basabye impapuro zibemerera kujya gushaka imikono kugirango nabo bemererwe kwiyamamariza kujya mu Nteko Inshinga Amategeko nk'Abadepite.

Mu matora ateganyijwe mu kwa karindwi, kugeza ubu abifuza kwiyamamaza bazwi barimo Paul Kagame usanzwe ku mwanya wa Perezida, na Frank Habineza wo mu ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda.

Komisiyo y’amatora ivuga ko abashaka kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida w’u Rwanda no ku mwanya w’abadepite bagomba gutanga kandidatire zabo kuri iyo komisiyo guhera ejo tariki 17 kugeza tariki ya 30 Gicurasi.



Izindi nkuru wasoma

Perezida Kagame yagaragaje ibyishimo.

Abaturage ba Goma mu myigaragambyo bamagana ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.

Perezida Trump avuga ko ibibazo hagati y’u Rwanda na RDC ari "Ikibazo gikomeye".

Perezida Kagame na João Lourenço baganiriye ku bibazo by’umutekano muke muri RDC.

Perezida Kagame yakosoye mugenzi we Ramaphosa wavuze ko ingabo z’u Rwanda ari inyeshyamba.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-05-16 07:34:55 CAT
Yasuwe: 229


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abifuza-kwiyamaza-nkabakandida-bingenga-ku-mwanya-wa-Perezida-barushijeho-kwiyongera-.php