English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.
Amarangamutima ya Wema Sepetu nyuma yo kubona ko benshi bamwifuriza ubukwe bwiza


Ijambonews. 2020-06-01 08:08:21

Wema Isaac Sepetu wamama mu gukina filime muri Tanzania akaba yaranabaye nyampinga w’iki gihugu 2006, yashimiye Imana kubona abantu batandukanye barimo abafana be bamwifuriza gushinga urugo kandi akagira ubukwe bwiza.

Ibi Wema yabitangaje nyuma y’inkuru zakwirakwiye ku mbuga nkoranyamba zivuga ko yakoze ubukwe bitewe n’amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga agaragara nk’umugeni, akaba yatangaje ko afite ibyishimo kubona abantu bamwifuriza ubukwe bwiza akaba yizera ko n’Imana izumva amasengesho ya bo.

Yaize ati“maze kubona uburyo abantu bankundamo banyifuriza urugo rwiza nyuma y’uko mvuze ko narushinze, ndasaba Imana ngo ihe umugisha ibyifuzo bya bo.

Nizera ko ibyo bizaba mu minsi iri imbere ariko ni ku bushobozi bw’Imana yo mu ijuru natwe twese.”

Wema Sepetu wumvikanye mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz bakaza gushwana, akitangariza ko yakuyemo inda 2 za nyakwigendera Kanumba, avuga ko n’ubwo yashyize hanze amafoto ameze nk’umugeni ariko nta bukwe yakoze gusa ngo ni mu minsi iri imbere.

Ifoto Wema yashyize Ku mbuga nkoranyambaga, benshi bakavuga ko yakoze ubukwe



Izindi nkuru wasoma

Umufana wa Nasarawa United yakatiwe nyuma yo kujomba icyuma umukinnyi wa Plateau United FC

Ambasaderi Karamba yakiriye Umugaba Mukuru wa Djibouti: Ibyihishe inyuma y’uru ruzinduko

Mpaga cyangwa impuhwe? FERWAFA mu gihirahiro nyuma y’umwijima wateje impagarara i Huye

Yishwe arashwe amasasu 2 nyuma bamusogota inkota mu gatuza – Ibishinjwa Umupolisi

Imihango y’ubukwe: RRA yatanze umucyo ku makuru yari yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga



Author: Ijambonews Published: 2020-06-01 08:08:21 CAT
Yasuwe: 1686


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
Amarangamutima-ya-Wema-Sepetu-nyuma-yo-kubonana-benshi-bamwifuriza-ubukwe-bwiza.php