English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Hatangajwe ku buryo bwa burundu ibyavuye mu matora y'umukuru w'igihugu n'ay'Abadepite

Komisiyo y'igihugu y'Amatora NEC, mu itangazo yasohoye ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X , yatangaje ko uyu munsi tariki ya 22 Nyakanga 2024 hatangajwe ku buryo bwa burundu ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika n'ay'Abadepite yabaye tariki ya 14,15 na 16 Nyakanga 2024.

Ku buryo bwa Burundu umukandida watanzwe n'umuryango FPR Inkotanyi niwe watsinze amatora ku majwi 99.18%,Habineza Frank w'ishyaka Green Party akurikiraho n'amajwi 0.50% na Phillipe Mpayimana umukandida wigenga wagize amajwi 0.32%.

Iryo tangazo rikomeza rigira riti"Turashimira Abanyarwanda bose bagize mu uruhare mu myiteguro,ubwitabire n'imigendekere myiza y'amatora, haba mu gihugu no mu mahanga."

By'umwihariko turashimira imitwe ya Politike n'Abakandida bigenga uruhare n'uburyo bitwaye mu bikorwa by'amatora.

Turashimira Kandi abakorera bushake b'amatora n'abafatanyabikorwa bose barimo inzego zibanze ,inzego z'umutekano ,imiryango itari iya Leta,indorerezi,n'itangazamakuru ku bufatanye bagaragaje mu migendekere myiza y'amatora.

 



Izindi nkuru wasoma

Amajyaruguru:Insengero 55 zigiye gusenywa burundu

APR FC yanyagiwe na AZAM FC mu buryo butavuzweho rumwe

Menya uko abagize Guverinoma batoranywa ndetse n'uburyo barahira

Umuntu wa mbere mu Rwanda yabazwe ikibyimba cyo mu bwonko mu buryo budasanzwe

Musanze:Abafite imirima icukurwamo zahabu mu buryo butewe baratabaza ubuyobozi



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-07-22 18:06:57 CAT
Yasuwe: 75


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Hatangajwe-ku-buryo-bwa-burundu-ibyavuye-mu-matora-yumukuru-wigihugu-nayAbadepite.php