English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ikigiye gukorwa nyuma yuko Jennifer Lopez atandukanye na Ben Affleck: Ese agiye kongera gukunda?

Nyuma yo gutandukana na Ben Affleck muri Gashyantare 2025, umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime Jennifer Lopez biravugwa ko yatangiye gutekereza ku kongera gusubira mu rukundo. Inshuti ze za hafi zabwiye Daily Mail ko nyuma y’igihe kinini ari kumwe n’umuryango n’inshuti ze, Lopez yumvise ko yiteguye gufungura umutima we ku kindi cyiciro cy’urukundo.

Mu gihe Lopez akomeje gutekereza ku hazaza he mu rukundo, inshuti za hafi za Ben Affleck zo zatangaje ko uyu mugabo ameze neza kurusha uko yari ameze bari kumwe. Affleck na Lopez, bazwi cyane nk’‘Bennifer,’ bagiranye amateka akomeye mu rukundo, aho bakundanye bwa mbere kuva mu 2000 kugeza mu 2004, bagasubirana mu 2021 mbere yo kurushinga mu 2022.

Mu kiganiro yahaye Vogue Magazine nyuma yo gutandukana na Ben, Jennifer Lopez yavuze ko icyamubabaje cyane ari uburyo yabuze igihe cye, yerekana ko itandukana ryabo ryamugizeho ingaruka zikomeye. Nubwo ataragaragaza neza uwo yifuza gukundana na we, ni ibintu byitezwe cyane n’abafana be hirya no hino ku isi.



Izindi nkuru wasoma

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Umufana wa Nasarawa United yakatiwe nyuma yo kujomba icyuma umukinnyi wa Plateau United FC

Ibidasanzwe mu mpera za Mata: Abakozi ba Leta n’abikorera bagiye kuruhuka byeruye

Ambasaderi Karamba yakiriye Umugaba Mukuru wa Djibouti: Ibyihishe inyuma y’uru ruzinduko

Mpaga cyangwa impuhwe? FERWAFA mu gihirahiro nyuma y’umwijima wateje impagarara i Huye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-22 10:06:40 CAT
Yasuwe: 84


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ikigiye-gukorwa-nyuma-yuko-Jennifer-Lopez-atandukanye-na-Ben-Affleck-Ese-agiye-kongera-gukunda.php