English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Impanuka ikomeye yabereye i Rusiga mu Karere ka Rulindo.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko habaye impanuka ikomeye mu Murenge wa Rusiga, Akarere ka Rulindo, mu Ntara y’Amajyaruguru.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, aho imodoka ya bisi nini ya kompanyi itwara abagenzi ya International Express yari itwaye abagenzi ikarenga umuhanda ikagwa mu gishanga cyo muri uyu Murenge wa Rusiga.

Kugeza ubu, nta mubare nyawo w’abantu bahitanywe cyangwa bakomeretse muri iyi mpanuka uratangazwa, ariko ibikorwa by’ubutabazi byatangiye gukorwa n’inzego zibishinzwe.

Iyi Bus yari ifite abagenzi 51, yarenze umuhanda igwa nko muri metero 800 uvuye ku muhanda. Hari abantu bahasize ubuzima, n'abakomeretse bikomeye.

Police y'u Rwanda ivuga ko hakiri gukorwa imibare yabaguye muri iyi mpanuka.

Polisi iri gukorana kandi n’abaturage bo muri aka gace kugira ngo harebwe uko abantu bahuye n’ingaruka z’iyi mpanuka, ndetse hanatanzwe ubufasha ku bantu bakomeretse.

Abaturage baturiye hafi y’aho impanuka yabereye bavuze ko bumvise urusaku rukomeye mbere y’uko bamenya ibyabaye, maze bamwe mu baturage bihutira gutabara mbere y’uko inzego z’umutekano zibageraho.



Izindi nkuru wasoma

RIB yataye muri yombi Meya wahoze ayobora Akarere ka Nyanza

Nyuma y’igihe arembeye muri Amerika, agiye gutungurana mu gitaramo gikomeye i Kampala

Trump yahagaritse imisoro ku Bihugu byinshi ariko ashyiraho igitutu gikomeye ku Bushinwa

DRC isubiye ku cyemezo 2773 cya Loni: Irega u Rwanda ibirego bikomeye

Kayonza: Abakozi 3 b’Akarere batawe muri yombi bakekwaho kunyereza miliyoni 67Frw



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-11 16:25:09 CAT
Yasuwe: 209


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Impanuka-ikomeye-yabereye-i-Rusiga-mu-Karere-ka-Rulindo.php