English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Mu gihe benshi mu bahanzi baba bafite inzozi zo kumenyekana no kuzuza ibitaramo bikomeye, Chryso Ndasingwa we avuga ko yabaye umuhanzi atabiteganyije, ndetse ko na we atari yiteze aho ageze ubu mu rugendo rwe rw’umuziki. Uyu muhanzi uri mu bagezweho mu ndirimbo zaririmbiwe Nyagasani, aritegura igitaramo gikomeye kuri Pasika, tariki 20 Mata 2025, aho azafatanya n’abahanzi bakunzwe barimo True Promesses, Papy Clever na Dorcas, ndetse na Arsene Tuyi.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Chryso yavuze ko ubuhanzi bwe bwatangiye bitunguranye, nyuma yo kuririmba mu rusengero nk’abandi, agasohora indirimbo nyuma ya Covid-19 bikarangira abantu bayikunze mu buryo budasanzwe.

Ati: “Mu by’ukuri ibi bintu byarantunguye, sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi. Nari mfite inzozi zo gukora imirimo isanzwe ngo mbone amafaranga. Ariko indirimbo ya mbere nasohoye abantu barayikunda, Imana irankundira.”

Uyu muhanzi, wagize igitaramo cy’imbonekarimwe muri BK Arena umwaka ushize, ubwo yayuzuzaga ari wenyine, avuga ko nta banga yihariye afite yakwita iryo ryamugejeje ku rwego rushimishije.

Ati “Nta banga, naba nkubeshye pe. Gusa nizeye ko nyuma y’imyaka icumi cyangwa makumyabiri nzaba mfite ibyo mvuga ku bumenyi buturutse ku rugendo rurerure. Ubu ndacyari kwiga.”

Chryso asaba abandi bahanzi kudacika intege, cyane ko n’ubwo ari mushya mu ruhando rw’abaririmbyi b’indirimbo zihimbaza Imana, amaze gukundwa n’abatari bake, kandi ibikorwa bye bikomeje kugaragaza icyerekezo gifite intego.

Igitaramo cye cya Pasika kitezweho kwakira imbaga y’abakunzi b’umuziki uhimbaza Imana, kikazabera muri Camp Kigali, kikaba cyitezweho gushyira ku rundi rwego igikundiro uyu muhanzi afite.



Izindi nkuru wasoma

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Mu gihe hadakurikijwe itegeko ntago twiteguye gukinira Igikombe cy’Amahoro – Rayon Sports

Meya Mutabazi yasaby urubyiruko kuba ku isonga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Sinigeze nkundana na Harmonize!-Laika Music ashyize ukuri ahabona ku mafoto yavugishije benshi

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-18 12:12:05 CAT
Yasuwe: 34


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Sinigeze-nsaba-Imana-kuba-umuhanzi--Chryso-ugiye-kongera-gutaramira-imbaga-kuri-Pasika.php