English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abacuruzi bemera ko ubucuruzi bwagize uruhare rwa 19% mu rwego rwa serivisi.

Abatumiza bakanadandaza ibicuruzwa bemeranya n’ibikubiye mu cyegeranyo kivuga ko ubu bucuruzi bwagize uruhare rwa 19% mu rwego rwa serivisi mu gihembwe cya 3 cy’uyu mwaka bitewe n’uburyo leta yagiye iborohereza.

Urwego rwa Serivisi rwagize 49% by’umusarururo mbumbe w’Igihugu bitewe n’izamuka ry’uru rwego.

Bimwe mu byazamuye uru rwego birimo n’Umusaruro w’ubucuruzi buranguza n’ubudandaza wiyongereyeho 19%.

Bimwe mu byazamuye urwego rwa serivisi kandi birimo icyiciro cy’ikoranabuhanga n’itumanaho cy’iyongereyeho 19%.

Umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’abacuruzi batumiza bakanacuruza mu gihugu Dr. Joseph AKUMUNTU ahuza iri zamuka ry’umusaruro wabo n’inyoroshyo leta yagiye ibashyiriraho.

Mu bindi byazamuye uru rwego rwa servisi birimo n’Umusaruro w’ibikorwa by‘ubwikorezi nawo wiyongeraho 8%.

Umusaruro w’amahoteli na resitora wiyongereyeho 17%, uwa serivisi z’ibigo byimari n’ubwishingizi wiyongereyeho 15%.



Izindi nkuru wasoma

Imiryango 4 y’ubucuruzi yahiye irakongoka – Ibyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje

Uruhare rw’ubukoloni mu ishyirwaho ry’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Rwanda

Abaturage ba Rusizi na Nyamasheke mu bwoba bw’ihagarara ry’ubucuruzi n’ubuzima

Intambara y’ubucuruzi: U Bushinwa bwafatiye icyemezo igihugu k’igihangange ku isi

Azanye ibimenyetso simusiga: Munyakazi Sadate ahishuye uruhare rwe muri Rayon Sports



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-24 07:34:09 CAT
Yasuwe: 117


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abacuruzi-bemera-ko-ubucuruzi-bwagize-uruhare-rwa-19-mu-rwego-rwa-serivisi.php