English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?

Nubwo Rayon Sports ikomeje gushakisha ibisubizo byo gusubira ku mwanya wa mbere muri shampiyona, hakomeje kwibazwa niba koko ikibazo cy’umusaruro mubi gikwiye guharirwa abatoza gusa, mu gihe abayobozi bayo bo bakomeje kwigira nyamwigendaho.

Ikipe ya Gikundiro, yahoze iyoboye urutonde rwa shampiyona, ubu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 47, inyuma ya APR FC iyirusha inota rimwe. Uru rutonde rwahindutse nyuma y’imikino itandatu idahiriye Rayon Sports, aho itsinzemo ibiri gusa, inganya ine, ikanatsindwa rimwe.

Imikino iheruka ya Rayon Sports yagaragaje ibibazo bikomeye ku kibuga: gutsindwa na Mukura VS (1-0), kunganya na Gasogi United (0-0), Amagaju FC (1-1), Marines FC (2-2), APR FC (0-0), ndetse no gutsindwa na Mukura VS mu mukino wo kwishyura (1-0).

Kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, yahagaritse umutoza Robertinho amezi abiri azira umusaruro muke. Utoza abanyezamu, Mazimpaka André, na we yahagaritswe kubera imyitwarire idahwitse.

Nyamara ibi ntibyanyuze bamwe mu bafana b’iyi kipe yo mu Nzove, bamwe banatangiye gushinja abayobozi uburangare no kwihishamo amakimbirane abogamiye ku nyungu zabo bwite. Hari n’abavuga ko aba biyita “abasaza b’ikipe” batajya bahembwa ahubwo bagatangira agahimbazamusyi, ibyo bikaba bituma n’abakinnyi bataka imishahara n’itinda rya “recruitment.”

Umufana umwe yagize ati: “Byose ndabishyira ku buyobozi. Nonese abayobozi baba bacungana ku jisho hagati ya bo, ikindi wabitegaho ni iki?”

Undi yungamo ati: “Kuva aba biyita abasaza b’ikipe bagaruka, ibintu byarazambye. Abakinnyi bakeneye ubutabera n’imishahara.”

Ibibazo nk’ibi bituma hibazwa: Ese koko abayobozi ba Rayon Sports bari abere mu musaruro nkene uri kuranga ikipe? Cyangwa barimo guhisha umwotsi w’inkongi batashoboye kuzimya?



Izindi nkuru wasoma

Mu gihe hadakurikijwe itegeko ntago twiteguye gukinira Igikombe cy’Amahoro – Rayon Sports

Ndwaye iki se? –Umutoza Robertinho yagaragaje ibinyoma byose bya Rayon Sports

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?

Rayon Sports mu Gihirahiro: Robertinho na Mazimpaka bahagaritswe mbere y’urugamba na Mukura VS



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-15 09:35:43 CAT
Yasuwe: 44


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abayobozi-bo-bararuciye-bararumira-Ese-ni-nde-ukwiye-kubazwa-igihombo-cya-Rayon-Sports.php