English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Centrafrique yungutse abandi basirikare bashya 634 batojwe na RDF

Abanyeshuri 634 bari bamaze amezi atandatu bigishwa n’Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Centrafrique basoje amasomo yabo, abemerera kwinjira mu Ngabo z’iki Gihugu.

Ibirori byo gusoza amasomo byabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Camp Kassaï, kiri i Bangui muri Centrafrique, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 5 Kanama 2024.

Ni igikorwa cyayobowe na Perezida Faustin-Archange Touadéra mu gihe u Rwanda ruhagarariwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi.

Abagiye kwinjizwa mu Ngabo za Centrafrique ni icyiciro cya kabiri, baje bakurikira abandi 520 basoje amasomo mu Gushyingo 2023.

Mu gihe bamara batozwa, bahabwa amasomo atandukanye arimo abatoza kuba abanyamwuga mu gisirikare, imyitozo ya gisirikare itandukanye ndetse n’ibindi bikorwa n’Ingabo z’u Rwanda hashingiwe ku masezerano u Rwanda rwagiranye na Centrafrique.



Izindi nkuru wasoma

Kigali:Abantu batatu baguye mu mpanuka y’Imodoka abandi barakomereka

Abahanzi nka Riderman,Platin P, Bull Dog n'abandi benshi bagiye gutaramira ku Kivu

Nyamasheke:Impanuka y'imodoka yahitanye umuntu umwe abandi 27 barakomereka

Perezida Kagame yibukije abayobozi bashya gukorana kugirango buzuze neza inshingano

Abasirikare 100 ba RDF basoje amahugurwa yo kurinda abayobozi bakuru(Amafoto)



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-08-05 15:17:37 CAT
Yasuwe: 59


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Centrafrique-yungutse-abandi-basirikare-bashya-634-batojwe-na-RDF.php