English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Dore ibisabwa kugirango wige mu ishuri rikuru rya gisirikare i Gako

Guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Gashyantare kugeza tariki ya 11 Werurwe 2024 mu Turere ndetse no mu Mirenge yose yo mu gihugu hazaba kwiyandikisha kw’abasirikare bashaka kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rwa Ofisiye.

Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) busaba ababyifuza gutangira kwiyandikisha. abahamagawe baziga mu ishuri rya Gisirikare i Gako bakazarangiza amasomo bafite imyamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu mashami atandukanye.

Abahamagawe n’abasore n’inkumi bujuje ibisabwa,kuba uri Umunyarwanda kuba utari munsi  y’imyaka 18 kandi ukaba utarengeje imyaka 21 kuba wararangije amashuri yisumbuye kandi ufite amanota akwemerera kujya muri kaminuza.

Ibindi bisabwa: kuba uri indakemwa mu mico no mu myifatire,kuba utarahagaritswe mu gukora akazi ka Leta, kandi ukaba ufite ubushake mu kwinjira mu ngabo z’u Rwanda

Abaziga mu ishuri rikuru rya Gisirikare mu ishami rya General Medecine amanota asabwa ni A mu mashami ya PCB,BCG na MCB abifuza kwiga muri Mechanical Engeneering amanota asabwa ni A-B mu mashami ya MPG na PCM.

Abifuza kwiga mu ishami rya Computer Engineering amanota asabwa ni A-B mu ishami rya MPC abifuza kwiga Mathematics amanota asabwa ni B-C mu mashami ya MPG,PCM na MPC

Abifuza Kwiga Physics barasabwa kuba barabonye B-C mu mashami ya MPG,PCM na MPC,

Abashaka kwiga mu ishami rya Chemistiry bagomba kuba barabonye amanota B-C mu mashami ya PCB,BCG na MCB.

Abashaka kwiga mu ishami rya Biology basabwa kuba baragize amanota B-C mu ishami rya PCB ,BCG na MCB.

Abifuza kwiga Social and Military Sciences barasabwa kuba barabonye amanota A-B mu ishami rya MEG,HEG,HGL,HEL,LEG  hamwe n’abagize amanota 70% kuzamura muri TIC.



Izindi nkuru wasoma

G.S BWIZA-RUTSIRO:ITANGAZO RYO GUPIGANIRA AMASOKO YO KUGEMURA IBIKORESHO BY'ISHURI N'IBIKORESHO BISH

Perezida Kagame yibukije abayobozi bashya gukorana kugirango buzuze neza inshingano

Dore icyatumye Muhadjiri yifatira kugahanga abafana ba APR FC

Guverinoma ya 2017-2024 isigaranye 9% gusa by'abatangiranye nayo,dore ibindi byayiranze

Musanze:Insengero 185 zitujuje ibisabwa zafunzwe



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-02-13 09:39:18 CAT
Yasuwe: 210


Comments

By Iyabatariyo josue on 2024-06-04 13:23:54
 nibyiza cyane nibyagaciro ku batuba mugihugu cyumutekano nange ndacyiga ariko numva nazaba umusirikare none byazagendabite ntararangiza.



Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Dore-ibisabwa-kugirango-wige-mu-ishuri-rikuru-rya-gisirikare-i-Gako.php