Mujye mu kuzimu - Perezida Kagame yahaye gasopo abafite imigambi mibi ku Rwanda
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yihanangirije bikomeye abantu n’ibihugu bidahwema kugirira nabi u Rwanda, ababwira ko aho gushaka kurugambanira no kurukangisha ibihano, bakwiye kujya mu kuzimu.
Yabitangaje ku wa 7 Mata 2025 mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.
Perezida Kagame yagaragaje ko hari ibihugu bikomeye bikomeje gushyira igitutu ku Rwanda, birukangisha ibihano n’iterabwoba, ariko abibutsa ko ibyo bitigeze bigusha u Rwanda mu myaka 31 ishize kandi ko bidashobora kurutsimbura uyu munsi.
Yagize ati: “Mufite ibibazo byanyu, mukwiye kuba muhangana nabyo aho kubitwegekaho, go to hell, just go to hell [Mujye mu kuzimu, mujye mu kuzimu.]”
Ni amagambo yuzuyemo uburakari n’ubwiyemezi, agaragaza ko u Rwanda rudateganya kwemera kuba igikoresho cy’amahanga cyangwa kuba intama yicwa n’ikirura.
Perezida Kagame yibukije amahanga ko u Rwanda rwabashije kurenga amateka mabi ya Jenoside, rushyira hamwe mu kubaka igihugu, bityo ko hari isomo rikomeye rikwiye kwigirwa ku buryo Abanyarwanda bahanganiye amateka, bakanasagamba.
Ati: “Ikitaratwishe ngo kiturangize mu myaka 31 ishize, cyaradukomeje, cyaraduteguye ku bintu bizaza igihe icyo ari cyo cyose.”
Yakomeje avuga ko aho kugira ngo abaho mu bwoba no mu kubeshya, yahitamo gupfa, ati: “Nahitamo gupfa aho kubaho ubuzima bw’ikinyoma, kwishushanya ubuzima bwanjye bwose ku wundi muntu n’ubundi sinaba ndiho.”
Ibi byatangajwe mu gihe u Rwanda rukomeje gushinjwa n’ibihugu bimwe uruhare mu bibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse bigakomeza kugerageza kurukandamiza binyuze mu bihano no gushyigikira ibiryamira amahoro.
Iri jambo rya Perezida Kagame ryashyizwe ahabona nk'ubutumwa bukomeye bw’ubutwari, kugaragaza ubushake bwo kwigira, no guhangana n’abashaka guhindura u Rwanda ikibuga cy’inyungu zabo bwite.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show