English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nta gahunda yo kwigarurira Bukavu bafite. M23 yatangaje icyo ishaka kurusha ikindi.

Umutwe w’inyeshyamba wa M23 watangaje ko utanze agahenge, ukaba nta gahunda yo kugaba ibitero ku mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ufite. Ibi byatangajwe mu itangazo ry’uwo mutwe, nyuma y’ibiganiro ku mutekano mu karere.

M23 yavuze ko intego yabo ari ugushaka inzira y’amahoro, kandi ko nta gahunda yo kwigarurira Bukavu bafite. Nyamara, mu rwego rwo kuganira ku buryo bwo kugarura amahoro no gukemura ibibazo by’umutekano, M23 yasabye ko ingabo za SAMIDRC zisohoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zigasubira mu gihugu cyazo.

Iyi ngingo ishyigikiye ingamba zo gukemura ibibazo mu buryo bw’amahoro, no gukumira impanuka ziturutse ku bikorwa by’imitwe yitwaje intwaro.

Gusa, abakurikiranira hafi ibibazo by’umutekano muri RDC bemeza ko icyifuzo cya M23 kiri mu byiciro byo gushaka inzira yo kuganira, ariko ko gihura n’imbogamizi mu rwego rw’amasezerano asaba impande zose kugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’amahoro.



Izindi nkuru wasoma

Nta gahunda yo kwigarurira Bukavu bafite. M23 yatangaje icyo ishaka kurusha ikindi.

Ikindi gihugu gikomeye cyatangaje ko cyaburiye abasirikare ba cyo muri Congo.

Umurwayi wa mbere yapfiriye mu bitaro bya Mulago azize icyorezo cya Ebola muri Uganda.

Corneille Nanga wa M23, yatangaje ko bateganya gukomeza intambara kugeza i Kinshasa.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ihangayikishijwe n’ibyo mu burasirazuba bwa DRC.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-03 22:09:56 CAT
Yasuwe: 5


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nta-gahunda-yo-kwigarurira-Bukavu-bafite-M23-yatangaje-icyo-ishaka-kurusha-ikindi.php