English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida wa Liberia Joseph Boakai yatangaje ko azagabanya umushahara we ho 40%.

Ibiro bye byavuze ko yizeye gutanga urugero rw'imiyoborere ishyira mu gaciro ndetse no kugaragaza kwifatanya n'Abanya-Liberia.

Kuva mu gihe cya vuba aha gishize, imishahara y'abagize leta irasuzumwa cyane, mu gihe Abanya-Liberia binubira ikiguzi cy'imibereho kirimo kwiyongera.

Umuntu umwe kuri buri bantu batanu abeshwaho n'amafaranga ari munsi y'amadolari abiri y'Amerika (ni ukuvuga ari munsi ya 2,600Frw) ku munsi muri icyo gihugu cyo muri Afurika y'uburengerazuba.

Iki cyemezo cya Boakai gikurikije icy'uwo yasimbuye, George Weah, wagabanyije umushahara we ho 25% ubwo yari perezida.

Bamwe mu baturage ba Liberia bashimye icyo cyemezo cya Perezida Boakai, ariko bamwe baribaza niba koko yigomwe, cyane ko anabona izindi nyungu zirimo nk'amafaranga yo gukoresha buri munsi hamwe n'ubwishingizi bwo kwa muganga.

Uyu mwaka, ingengo y'imari y'ibiro bya perezida igera kuri miliyoni hafi 3 z'amadolari y'Amerika (angana na miliyari 3Frw).

Hamwe no gutangaza imitungo ye kuva yagera ku butegetsi, Boakai yategetse ko hakorwa ubugenzuzi bw'imari ikoreshwa n'ibiro bya perezida. Ibyavuye muri iryo genzura ntibiratangazwa.

Boakai yanongereye imbaraga akanama (komisiyo) k'ubugenzuzi rusange bw'imari ya leta ndetse yongereye imbaraga akanama ko kurwanya ruswa.

Ubutegetsi bwa Weah bwaranzwemo ibirego bya ruswa, no gusesagura imari, bituma habaho imyigaragambyo yitabiriwe n'imbaga, ubwo ikiguzi cy'imibereho cyakomezaga kwiyongera ku baturage basanzwe.



Izindi nkuru wasoma

DRC: Perezida Tshisekedi kera kabaye avuze ikihishe inyuma y’imfungwa zapfiriye muri Makala.

Perezida yatahanye akanyamuneza ubwo u Rwanda rwatsindaga Argentine

Uganda:Umuhanzi Eddy Kenzo yagizwe umujyanama wa Perezida Museveni

Nigera:Perezida Bola Tinubu yaguriwe indege nshya Abaturage bibarya ahantu

Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b'umujyi wa Kigali



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-07-09 11:14:11 CAT
Yasuwe: 78


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-wa-Liberia-Joseph-Boakai-yemeye-kugabanya-umushara-we-ho-40-.php