English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yanze "amakinamico" ya Putin

Mu gihe u Burusiya bwari busabye agahenge k’iminsi itatu kugira ngo bwizihize Intsinzi ya Jenoside yo mu Ntambara ya Kabiri y’Isi, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yanze icyo cyifuzo, avuga ko ari "amakinamico" adafite aho ahuriye n'ugushaka amahoro nyayo.

Ku wa Gatandatu, Zelenskyy yatangaje ko icyifuzo cya Perezida Vladimir Putin cyo guhagarika imirwano guhera tariki ya 7 kugeza kuya 9 Gicurasi kigamije kugaragaza isura nziza ku ruhando mpuzamahanga, aho kuba igikorwa gifite intego yo gukemura intambara.

“Guhagarika imirwano nta mananiza ni urugero rwatanzwe n’Abanyamerika. Dukurikiza urwo rugero,” Zelenskyy yabwiye abanyamakuru. “Reka tugerageze iminsi 30. Kuki? Kubera ko bidashoboka kumvikana mu minsi itatu, itanu cyangwa irindwi.”

Zelenskyy yanongeyeho ko Ukraine itakwizeza umutekano w’abanyamahanga batumiwe mu birori i Moscou, bijyanye no kwizihiza intsinzi y’intambara ya kabiri y’isi, biteganyijwe muri icyo gihe.

Iki cyemezo gikomeje kugaragaza uko Ukraine itakibona u Burusiya nk’umufatanyabikorwa ushobora kuganirwaho, ahubwo nk’ushaka gucengera isura mpuzamahanga y’amahoro atari yo.

Nsengimana Donatien| Ijambo.net



Izindi nkuru wasoma

Urukweto rwashotoranye na Perezida Ruto mu ruhame: Ni iki kihisheinyuma y’iki gikorwa

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yanze "amakinamico" ya Putin

Perezida Kagame ari muri Gabon mu birori by’amateka

Perezida Kagame na mugenzi we wa Misiri mu biganiro byihariye ku mutekano wa DRC

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’



Author: Nsengimana Donatien Chief Editor Published: 2025-05-04 11:34:23 CAT
Yasuwe: 17


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-wa-Ukraine-Volodymyr-Zelenskyy-yanze-amakinamico-ya-Putin.php