Tubabajwe no kuba duturanye n’igihugu gicumbikiye abatwiciye muri Jenoside – Meya Mulindwa
Meya Mulindwa Prosper yavuze ko bababajwe no kuba baturanye n’igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yabigarutseho ubwo yatangaga ikaze mu muhango wo gutangiza Icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu murenge wa Bugeshi, mu gasantere ka Kabumba. Yavuze ko batewe intimba no guturana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje gucumbikira no gukorana byeruye n’umutwe wa FDLR.
Yagize ati: “Tubabazwa no kuba duturanye n’igihugu cyacumbikiye abakoze Jenoside ndetse bakaba bakomeje gukorana byeruye bagamije kugaruka ngo basubize umugambi wabo wapfubye, nubwo bitashoboka ko byongera. Ingengabitekerezo yabo baracyayizana muri Rubavu, bamwe baduciye inyuma mu gihe Leta ya Congo yateguraga ibitero byo kutwica. Hari abo bashutse babizeza amafaranga barajyayo, ariko dufatanyije n’abaturage twakoze ubukangurambaga tuganiriza imiryango, abenshi baragarutse.”
Meya Mulindwa yavuze ko nubwo hari ubwo ingengabitekerezo ya Jenoside yambukiranya imipaka, abaturage bo muri Rubavu bazi aho bahagaze kandi biteguye kuyirwanya. Yibukije ko muri Mutarama 2025, ubwo ingabo za RDC zifatanyije na FDLR zageragezaga kugaba ibitero ku mujyi wa Rubavu, bahanganye nabyo.
Yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku buryo yashyizeho inzego n’uburyo bwose bwo kurinda igihugu, kugira ngo uwashaka kugiteza umutekano muke ntibimukundire.
Yakomeje agira ati: “Ndakangurira buri wese guhitamo neza. Abahitamo gukorana na Leta irwanya u Rwanda nta nyungu bazakuramo. Ndibutsa ababyeyi bafite abana cyangwa abo baziranye bijanditse mu mikoranire na FDLR kubikumira. Ni uburyo bwo kurwanya ikibi no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda.”
Mu gutangiza icyumweru cyo Kwibuka muri aka karere, habaye urugendo rwo kwibuka rwanyuze ahantu hafite amateka akomeye, harimo agasantere ka Kabumba n’ahahoze Paruwasi ya ADEPR Rusiza, aho hiciwe imiryango irenga 308 y’Abatutsi bahahungiye bizeye ubutabazi.
Umwe mu barokotse Jenoside wakuriye muri ako gace, mu buhamya bwe yavuze ati: “Twahungiye hano kuri Paruwasi twibwira ko ari mu ngoro y’Imana, ko nta kibazo kihaba. Ariko inkoramaraso zatwiciye abacu imbere y’urusengero.”
Yavuze ko abayobozi bo mu gihe cya Jenoside bakusanyije imiryango yaturukaga ahahoze ISAR Tamira n’ahandi, bakayijyana kuri uru rusengero kugira ngo bayicirweyo. Ngo babarangiraga urusengero nk’aho ari ahantu hizewe, nyamara ari amayeri yo kuborohereza kubicirayo.
Kuri Paruwasi ya ADEPR Rusiza, hiciwe imiryango irenga 308 y’Abatutsi bahahungiye bizeye ubutabazi
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show