U Rwanda rwemereye Zimbabwe inkunga y'ibigori
U Rwanda rwemereye Zimbabwe inkunga y'ibigori bingana na toni 1000 mu rwego rwo gufasha iki gihugu guhangana n'inzara yatewe n'amapfa acyugarije.
Ni igikorwa cyije nyuma yaho Perezida w'icyo gihugu Emmerson Mnangagwa aherutse gutangaza ko umusaruro w'ubuhinzi wa 2023/24 utabaye mwiza bijyanye n'izuba ryavuye cyane bituma ababarirwa muri miliyoni zirindwi bahura n'inzara idasanzwe.
Amakuru y'ubu bugiraneza yatangajwe na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga n'ubucuruzi Mpuzamahanga wa Zimbabwe Fredric Shava ubwo yari mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye ,byari byateguwe n'Abanyarwanda baba muri Zimbabwe.
Minisitiri Fredric Shava yavuze ko ibyo bigori babyiteze mu minsi mike igiye kuza ndetse aboneraho no gushimira ubugiraneza bw'u Rwanda, Perezida Paul Kagame ndetse n'Abanyarwanda muri rusange.
Ati"Iki gikorwa cy'ubugiraneza u Rwanda rukoze ni uburyo bwo kumva neza ubusabe bwa Perezida Mnangagwa ku bibazo by'amapfa byatewe n'ibiza byabaye hagati ya 2023 na 2024.
Fredric Shava yavuze ko Zimbabwe itazigera yibagirwa na rimwe igikorwa nk'icyo cy'ubugiraneza gikozwe n'u Rwanda.
U Rwanda na Zimbabwe bifitanye umubano ukomeye cyane mu nzego zitandukanye haba mu bya politike, ubuzima,uburezi,ubukungu n'izindi nzego.
Ambasaderi w'u Rwanda muri Zimbabwe James Musoni avuga ko umubano w'ibyo bihugu utagaragazwa no kugenderanirana hagati y'abayobozi bakuru gusa ahubwo ko bishingira no ku masezerano 26 y'ubufatanye mu nzego zitandukanye nk'ubukungu,uburezi n'ibindi.
Ubuhinzi mu Rwanda ni kimwe mu bintu bikorwa n'umubare minini w'abaturage kandi umusaruro uva muri bwo ukaba ukomeje kwiyongera umunsi ku munsi, nko mu 2017 umusaruro mbumbe ukomoka ku buhinzi wari miliyari 2.027 ariko warazamutse ugera kuri miliyari 3.415 Frw bingana na 88% kuko intego u Rwanda rwari rwihaye yari miliyari 3.888 Frw.
Muri uwo musaruro wose ibigori ni kimwe mu bihingwa bifite uruhare runini, aho umusaruro wabyo wavuye kuri toni 358.41 ugera kuri toni 508.495.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show