English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Urukiko rwarekuye umuhanzi Jowest waregwaga “gusambanya ku gahato umukobwa.

Umujyanama w’uyu muhanzi Jowest yabwiye itangazamakuru  ko Urukiko rwategetse ko uyu muhanzi afungurwa, ndetse ubu yamaze no gutaha.

Yavuze ko uyu muhanzi yasomewe icyemezo n’Urukiko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare, akaba umwere ku byaha yaregwaga.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B Thierry, avugana n’itangazamakuru yavuze ko uy’umuhanzi Jowest yafashwe tariki 01 Gashyantare 2023, akekwaho ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse no gukubita no gukomeretsa undi ku bushake.

Jowest azwi mu ndirimbo nka ‘Agahapinesi’, ‘Pizza’, ‘Hejuru’, na ‘Saye’ aheruka gushyira hanze.

 

 

 



Izindi nkuru wasoma

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Uko umuhanzi ukunzwe cyane muri Uganda bamumenye agahanga azizwa kuvuga nabi Bobi Wine

Umuhanzi Delcat Idengo yashyinguwe mu mvururu: Polisi yarashe yivuganye babiri

Ibyiza Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga agenerwa kugira ngo asohoze inshingano ze neza

Impamvu yatumye Umugabo agerageza kwica umukozi w’Urukiko rwa Gasabo akoresheje imbago



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-02-22 10:17:50 CAT
Yasuwe: 457


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Urukiko-rwarekuye-umuhanzi-Jowest-waregwaga-gusambanya-ku-gahato-umukobwa.php