English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abamaze iminsi binubira izamuka ry'ibiciro bafite ishingiiro, mu kwezi gushize byazamutseho 14,1%

 

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda, cyatangaje ko ibiciro byiyongereyeho 14,1% mu kwezi kwa Gicurasi 2023 ugereranyije na Gicurasi 2022 mu gihe muri Mata 2023 byari byiyongereyeho 17,8%.

Iyi mibare ije nyuma y'igihe abanyarwanda binubira ubuzima bumaze guhenda by'umwihariko ibiicro by'ibiribwa aho bavuga ko hafi buri gicuruzwa  cyendaga kwikuba kabiri ugereranyije n'igiciro cyahoranye mu gihe kitarenze umwaka.

Muri Gicurasi 2023, ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 25,4%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 21,5% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 7,6%.

Iyo ugereranyije Gicurasi 2023 na Gicurasi 2022, usanga ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byariyongereyeho 8,7%.

 



Izindi nkuru wasoma

Iburengerazuba:Abafite ibyabo byangijwe n'ibikowa bya WASAC bagiye guhabwa ingurane

Umwaka w'amashuri 2024-2025 ugiye gutangira mu Kwezi gutaha

DRC:Abana 60 bavanywe mu mitwe yitwaje intwaro harimo n'abafite imyaka 7

Musanze:Abafite imirima icukurwamo zahabu mu buryo butewe baratabaza ubuyobozi

DRC yatanze ikindi kirego gishya ku Rwanda gitandukanye n'ibyo imaze iminsi irushinja



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-06-10 11:34:03 CAT
Yasuwe: 309


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abamaze-iminsi-binubira-ibiciro-bafite-ishingiiro-mu-kwezi-gushize-byazamutseho-141.php