English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abashoye imari i Kibeho barishimira agatubutse basigiwe n'abaje ku butaka butagatifu

I Kibeho, ahamaze kumenyerwa kwakira ibihumbi by'abantu baturutse imihanda yose baba abo mu gihugu imbere, abo mu karere u Rwanda ruhereyemo n'abo mu mahanga ya kure. Benshi baba bafite amatsiko yo gusura bwa mbere aka gace kahawe izina ry'ubutaka butagatifu n'ubwo hari n'abahaza inshuro zirenze imwe.

Uru rujya n'uruza ariko hari abarebye kure barubyaza umusaruro kuko usanga bamwe barahanze imirimo ibyara inyungu. Ibikorwa by'ubucuruzi byiganje i Kibeho bishingiye kuri serivisi zo kwakira abantu nk'amahoteli, inzu zicuruza ibiribwa, izicuruza ikawa n'izindi serivisi kandi zunguka agatubutse: abatinyutse bagashora imari i Kibeho bavuga ko baticuza na gato kuko icyashara kiboneka.

Usibye abashoye imari i Kibeho, no mu mugi wa Kigali cyangwa mu nzira zaho naho ntibabura kubona ku mafaranga y'abahanyura kuko benshi banahacumbika. Abashoramari mu Mujyi wa Kigali nabo bashimangira ko kuba Kibeho ikomeje gusurwa nabo bagerwaho n'inyungu z'abajyayo n'abavayo barimo n'abanyamahanga cyane ko hari n'ababaha serivisi zo kubatwara.

Mu minsi ibanziriza n'ikurikira tariki ya 15 z'ukwezi kwa Munani buri mwaka, umunsi ufatwa nk'uwijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ku Bakristo Gatolika, benshi mu Banyarwanda n'abanyamahanga bakunze kwerekeza i Kibeho kubera amateka y'amabonekerwa yahabaye guhera mu mwaka wa 1981.

N'ubwo ari urugendo nyobokamana ruba rukorwa, ba rwiyemezamirimo bakomeza kwagura ibitekerezo bisubiza ibibazo by'abasura Kibeho.

Ku munsi wa Asomusiyo i Kibeho hasanzwe hateranira ababarirwa mu 50,000 ni mu gihe kuri iyi nshuro hateraniye abikubye hafi kabiri.

Murwanashyaka Emmanuel, Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, yavuze ko mu gitaramo cya Asomusiyo cyo ku mugoroba wo ku itariki 14 Kanama 2024 kitabiriwe n’ababarirwa mu 55,000 mu gihe Akarere kari kiteze abasaga 25,000 muri icyo gitaramo.



Izindi nkuru wasoma

Goma:Havumbuwe ikirundo cy'intwaro zari zitabwe mu butaka

Abashoye imari i Kibeho barishimira agatubutse basigiwe n'abaje ku butaka butagatifu

Guverinoma yatangaje impinduka mu misoro mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/25

Ingengo y'imari igenerwa abafite ubumuga igiye gukubwa gatatu

Zambia yemereye u Rwanda ubutaka bwo guhingamo buri ku buso bwa hegitari 10



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-08-16 09:44:32 CAT
Yasuwe: 41


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abashoye-imari-i-Kibeho-barishimira-agatubutse-basigiwe-nabaje-ku-butaka-butagatifu.php