English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Dore impamvu gufata ku ibendera abantu bari gusezerana byaba bigiye gukurwaho

Kuwa mbere tariki ya 18 Werurwe inteko rusange y’Abadepite yarateranye isuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango, muri uwo mushinga hasuzumwe ingingo zitandukanye muri izo harimo ijyanye n’uburyo abantu babiri bafata ku ibendera ry’igihugu igihe bari gusezerana.

Uyu mushinga usaba ko hakurwaho uburenganzira ku bantu bari mu muhango wo gushyingirwa nti bajye bafata ku ibendera ry’igihugu kubera ibibazo bikunze kugaragara nyuma yaho.

Mu gihe abarimo gushyingirwa “umwe abwira mugenzi we ko azamukunda, akamubanira neza” gufata ku ibendera avuga ibi “ntibisobanuye ko umuntu azakomeza kubahiriza iyo ndahiro kuko tubona ubutane hatanashize umwaka”, nk’uko uwo mushinga w’itegeko ubivuga.

Bityo uyu mushinga urateganya ko ufata ku ibendera azajya aba ari umwanditsi w’irangamimerere gusa.

Mu Rwanda imibare igaragazako abahawe gatanya mu 2020 bari 3213 ndetse raporo y’Ubucamanza ya 2021-2022 igaragazako  muri uwo mwaka hakiriwe ibirego 3322 by’ingo zisaba gatanya ariko i mibare ikajya yiyongera uko umwaka utashye.



Izindi nkuru wasoma

Kigali:Abantu batatu baguye mu mpanuka y’Imodoka abandi barakomereka

Burundi:Abantu 171 bamaze kwandura icyorezo cy'ubushita bw'inkende

DRC:Abarimu bahunze M23 basabwe guhunguka bagasubira mu kazi

Goma:Abantu 8 biciwe mu modoka itwara abagenzi

Abapolisi ba DRC bari barahungiye muri Uganda basubijwe iwabo



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-03-19 14:53:09 CAT
Yasuwe: 147


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Dore-impamvu-gufata-ku-ibendera-abantu-bari-gusezerana-byaba-bigiye-gukurwaho.php