Ibibazo by'u Rwanda n'u Burundi bigiye gukemurwa ntamuhuza
Guverinoma y'u Rwanda n'iy'u Burundi byemeranije ko zigiye gukemura ibibazo biri hagati y'ibihugu byombi bitabaye ngombwa ko hakenerwa umuhuza.
Ibi ni kimwe mu byemezo byafashwe tariki ya 06 Nyakanga 2024, ubwo Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'Ubutwererane Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yari mu nama yahuje Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) i Zanzibar muri Tanzania ariko ahura na mugenzi we w'u Burundi Albert Shingiro mu mwiherero.
Umwiherero aba bombi bagiranye wanitabiriwe n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga Gen(Rtd) James Kabarebe .
Amakuru avuga ko ubwo iyi nama yatangiraga Gen(Rtd) James Kabarebe yavuze ko Guverinoma y'u Rwanda n'iy'u Burundi zizaganira zigamije kwikemurira ibazo.
Yagize ati “Ikibazo cy’u Rwanda n’u Burundi nta n’ubwo twagiye kukiganira muri iyo nama kuko mbere y’uko inatangira twaganiriye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Albert Shingiro, twumvikana ko ikibazo cyacu tugiye kukiganiraho hagati y’ibihugu byombi, nta muhuza ukenewe kuko ibihugu byombi bihuje ururimi, bihuje umuco. Twumvikanye ko tuzahura vuba kugira ngo tubicoce.”
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko umwanzuro w’uko abahagarariye ibi bihugu bazahura ari wo wagejejwe ku bandi baminisitiri bitabiriye uyu mwiherero, hanyuma bemeranya ko uku guhura kuzaba mbere ya tariki 31 Ukwakira 2024 nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa EAC.
Guhura kw’abahagarariye ibihugu bifitanye amakimbirane biri mu mahame ya EAC kuva yashingwa, aho ibihugu biyigize byemeranyije ko mu gihe hari agatotsi kaje mu mubano wabyo, bizajya byicarana, biganire mu mahoro ku buryo bwo kubicoca.
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wazambye kuva mu Ukuboza 2023, ubwo muri uko kwezi umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara wagabaga ibitero muri zone Gatumba iherereye mu ntara ya Bujumbura Rural, kuva icyo gihe u Burundi bwatangiye gushinja u Rwanda kuba arirwo rucumbikiye abarwanyi bo muri uwo mutwe ndetse no kubaha intwaro.
U Rwanda rwumvikanye kenshi ruhakana aya makuru ruvuga ko ntaho ruhuriye n'ibyo bitero habe no gucumbikira abarwanyi b'umutwe wa RED Tabara.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show