English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuryango Lambda Legal uvuganira abaryamana bahuje ibitsina wajyanye mu nkiko Minisiteri y’Ingabo ya Amerika kubw’amabwiriza igenderaho yinjiza abantu mu gisirikare, arimo kuba badafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.

Mu 1991 nibwo Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yashyizeho ibwiriza ribuza abantu banduye virusi ya Sida kwinjira mu ngabo.

 

Ikirego cyatanzwe ku wa Kane, nyuma y’uko hari umugabo uryamana n’abo bahuje igitsina, uwihinduje umugore ndetse n’umugore uryamana n’abo bahuje igitsina, bose bashatse kwinjira mu ngabo bakabangira kuko bafite agakoko gatera SIDA.

Abatanze ikirego bavuga ko SIDA itakiri indwara mbi nkuko byahoze ku buryo uyifite nta yindi mirimo yabasha kuko haje imiti igabanya ubukana, ituma abayirwaye baramba kandi ntibabashe kuba bayanduza abandi.

Ntacyo Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yigeze itangaza kuri iki kibazo.

Umuryango Lambda uherutse gutsinda urundi rubanza yaregagamo Minisiteri y’Ingabo ya Amerika, yo kuvanaho ibwiriza ribuza abantu banduye Sida bari mu gisirikare kuba bakoherezwa mu butumwa mu mahanga.

 

Yanditswe na BWIZA Divine



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rugiye kwakira sosiyeti yo muri Amerika ikora drone zifashishwa mu buhinzi

Ubutasi bwa Amerika bwavumbuye igihugu giherutse kwinjira mu mabanga ya Donald Trump

Amerika igiye kohereza itsinda ry'indege z'intambara zo gufasha Israel guhangana na Iran

Abanyamerika basabwe gutaha ubutareba inyuma bakava muri Liban

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongereye Colonel Kaza



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022-11-13 11:54:33 CAT
Yasuwe: 109


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Kubwo-kubuza-abanduye-SIDA-kwinjira-mu-gisirikare-Amerika-yajyanywe-munkiko.php