English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Menya ibyaha bituma umuntu ahabwa igihano cyo kwamburwa uburenganzira mboneragihugu

Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu ni igihano gitangwa hashingiwe ku mpamvu zitandukanye ziganywe ubushishozi ariko hakaba igihe ntarengwa icyo gihano cyizakurirwaho mu gihe uwagihawe atakatiwe gufungwa burundu.

Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu  birimo; gukurwa mu murimo wa Leta cyangwa kubuzwa kuwujyamo, kubuzwa uburenganzira bwose cyangwa bumwe umuntu afite mu gihugu bwerekeye politiki, kubuzwa uburenganzira bwo kwambara impeta z’ishimwe, kutemererwa gutanga ubuhamya nk’umuhanga cyangwa nk’umutangabuhamya mu byemezo no mu manza uretse kuba yatanga amakuru.

Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu   harimo kandi kutemererwa kuba mu bagize inama y’umuryango, umwishingizi, gushingwa ibintu, gusimbura umwishingizi, kureberera abadafite ubwenge buhagije, uretse gusa kubigirira abana be bwite kubuzwa uburenganzira bwo gutunga intwaro, kubuzwa gukoresha urupapuro mvunjwafaranga cyangwa ikarita iguhesha amafaranga, guhezwa mu masoko ya Leta, kubuzwa uburenganzira bwo kujya mu mahanga ndetse no kubuzwa imirimo imwe n’imwe yagenwa n’urukiko.

Itangwa ry’igihano cyo kwamburwa uburenganzira mboneragihugu

Nta muntu ushobora kwamburwa icyarimwe uburenganzira mboneragihugu keretse ku bakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu. kwamburwa uburenganzira mboneragihugu ntibishobora kurenga igihe cy’imyaka icumi (10).

Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu bishobora guhagarikwa,gukurwaho cyangwa kugabanywa, hakurikijwe ibiteganywa ku gihano cy’igifungo Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu, bishobora kuvanwaho iyo uwakatiwe yagiriye igihugu akamaro gahebuje cyangwa yaritangiye gutsura amajyambere y’abaturage.

Iyamburwa ry’uburenganzira mboneragihugu ku wakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu

Igihano cy’igifungo cya burundu kijyana no kwamburwa ku buryo buhoraho

Uburenganzira mboneragihugu.

Igihe igihano cyo kwamburwa uburenganzira mboneragihugu gishobora gutangwa Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu buteganywa mu ngingo ya 42 y’iri tegeko bishobora gutangwa bikongerwa ku gihano cy’iremezo cy’igifungo kingana cyangwa kirenze imyaka itanu (5).

Uburyo bw’itangazwa

Urukiko rushobora gutegeka gutangaza igihano cyatanzwe bikongerwa ku gihano cy’iremezo cy’igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5). Urukiko rugena uburyo bwo gutangaza igihano cyatanzwe.



Izindi nkuru wasoma

Menya byinshi kuri Minisitiri mushya w’Uburezi.

Umukinnyi wa Atletico yihagaritse ahatererwa koruneri ahabwa ikarita itukura

Nyamasheke:Impanuka y'imodoka yahitanye umuntu umwe abandi 27 barakomereka

Menya uko abagize Guverinoma batoranywa ndetse n'uburyo barahira

Umuntu wa mbere mu Rwanda yabazwe ikibyimba cyo mu bwonko mu buryo budasanzwe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-06-21 15:40:18 CAT
Yasuwe: 108


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Menya-ibyaha-bituma-umuntu-ahabwa-igihano-cyo-kwamburwa-uburenganzira-mboneragihugu.php