Meya Mutabazi yasaby urubyiruko kuba ku isonga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside
Bugesera: Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yasabye urubyiruko kugira uruhare rugaragara mu guhangana n’abagihamya ingengabitekerezo ya Jenoside, haba imbere mu gihugu cyangwa hanze yarwo, kuko kuyicecekera ari nko kwemera ko Jenoside ishobora kongera kubaho.
Ibi Meya Mutabazi yabivugiye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyahurije hamwe abaturage b’Imirenge ya Shyara, Nyarugenge, Kamabuye, Ngeruka, Ruhuha na Mareba, mu cyahoze ari Komini Ngenda.
Uyu muyobozi yavuze ko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside atari inshingano za Leta gusa, ahubwo ari uruhare rukomeye rw’abaturage, cyane cyane urubyiruko, kuko ari rwo Rwanda rw’ejo.
Ati “Rubyiruko tuributsa ko hakiri abahembera ingengabitekerezo ya Jenoside. Iyo rero twebwe dukwiye kuyirwanya, kuko niba twararwanyije Jenoside igahagarara, ntabwo ari yo twareka ngo ikomeze ihemberwe. Kuyireka ni ukuba twiteguye indi Jenoside kandi umurongo twafashe ni uko nta Jenoside izongera kubaho ukundi.”
Uyu muhango wabimburiwe n’ijoro ryo kwibuka ryaranzwe no gutanga ubuhamya no gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Ruhuha rushyinguwemo imibiri 9,538 y’Abatutsi biciwe muri Komini Ngenda.
Uwamaliya Marie Rose, warokotse Jenoside, yavuze uburyo umuryango we watotejwe kuva kera, ndetse anashimira Ingabo za FPR-Inkotanyi zamurokoye.
Yagize ati: “Aha mu cyahoze ari Komini Ngenda Abatutsi twatangiye gutotezwa kuva mu 1990. Jenoside itangiye, baradutemaguye, baradusenya. Ariko ndashima Inkotanyi zaturokoye.”
Perezida wa IBUKA mu Karere ka Bugesera, Bankundiye Chantal, yibukije ko ibikorwa byo kwibuka bigaragaza intsinzi y’ukuri ku mateka n’ubutsinzi ku bapfobya Jenoside.
Yagize ati: “Kwibuka ni ikimenyetso cy’imbaraga z’ukuri n’ubumwe. Abakoze Jenoside batsinzwe burundu. N’iyo baba bihishe mu bihugu byo hanze, baratsinzwe.”
Uyu muhango wagarutse ku mateka y’imibanire y’Abanyarwanda mbere y’ubukoloni, aho bari babanye mu bumwe, kugeza ubwo abazungu baje babacamo ibice bagamije kubacamo imiryango no kubateranya.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show