Polisi y'igihugu yahaye impamyabumenyi abasore n'inkumi basoje amahugurwa mu gucunga umutekano
Abasore n'inkumi 100 basoje amahugurwa bari bamazemo amezi atatu bahugurwa uburyo bwo gucunga umutekano mu buryo bwa kinyamwuga.
Abasoje ayo mahugurwa ni abo mu kigo cyigenga gishinzwe gucunga umutekano cya Top SEC Investment Ltd aho batangiye ari abantu 108 ariko ababashije kuyasoza bakaba ari abantu 100.
Ni amahugurwa yari amaze amezi atatu akaba ari icyiciro cya 207 akaba ari n'ikiciro cya Kane cyahawe impamyabushobozi na polisi y'u Rwanda.
SP Bernard Gatete Umuyobozi Mukuru ushinze amahugurwa mu ishami rya Polisi y'igihugu rishinzwe Umutekano w'ibikorwa remezo n'ibigo byigenga bicunga umutekano yasabye abasoje aya mahugurwa kuba maso mu kazi kabo kandi asaba ibigo bitanga serivise z'umutekano kujya zikomeza gukarishya abakozi babyo."
Ati"Guhugura abakozi bihoraho bituma habaho kunoza ubumenyi n'ubushobozi, igihe tugezemo Isi ihora ihindagurika ndetse n'ibikorwa by'ubugizi bwa nabi nabyo bikomeza gukataza."
SP yavuze ko kugirango ibyo bikorwa by'ubugizi bwa nabi bibashe gutahurwa aruko ibigo bitanga serivise z'umutekano bigomba gukoresha ibikoresho bigezweho ariko kandi bigakoresha abakozi bafite ubumenyi bugezweho.
Amasomo bahawe harimo ayo kwirwanaho,kurwanya iterabwoba n'ubugizi bwa nabi,ubumenyi bw'ibanze ku mategeko mpanabyaha,gutahura abafite intwaro n'ibiturika, gukumira no kurwanya inkongi, akarasisi n'inshingano, uburyo bwo kwitegereza no gusaka abantu n'ibindi.
Umwe mu basoje ayo mahugurwa wanahawe igihembo cyuwahize abandi mu gihe cy'amahugurwa witwa Yannick Uwimana yavuze ko mu minsi 90 bamaze mu mahugurwa bungutse byinshi kandi atanga icyizere ko aho bazakorera hose bazakora akazi kinyamwuga.
Mathias Mbabazi Umuyobozi mukuru wa TOP SEC Investment Ltd
Mathias Mbabazi Umuyobozi mukuru wa TOP SEC Investment Ltd yavuze ko abakiliya babo bazakomeza kubona serivise zinoze abakozi bafite ubushobozi bwo kuburizamo ibikorwa biba byose byahungabanya aho bacunga umutekano.
Mu 2020 u Rwanda rwashyizeho itegeko rigenga serivise z'umutekano zitangwa n'abikorera mu ngingo yaryo ya 20 ivuga ko mbere y'uko umukozi mushya winjiye mu mirimo yo gucunga umutekano wemejwe na Polisi y'igihugu atangira imirimo ye mbere yo guhabwa amahugurwa yibanze ajyanye n'umutekano byibura amezi atatu.
Abasore n'inkumbi basoje amahugurwa bari abazemo amezi atatu
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show