English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

USA yohereje amato rutura n'indege by'intambara mu burasirazuba bwo hagati mu gihe Iran ishaka kwihorera

Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyoba cyinshi zohereje ubwato bugendera hasi mu mazi butwara kandi burasa ibisasu bya misile biyoborwa na za mudasobwa mu karere k’uburasirazuba bwo hagati, mu gihe hari ubwoba ko Iran yaba igiye gutera Israel.

Si ibyo gusa kuko Lloyd Austin, Minisitiri w’ingabo wa Amerika, yetegetse ubwato bundi butwaye indege z’intambara bwari buri mu nzira bwerekezayo ko bugomba kwihuta kurushaho.

Ibi biraba mu gusubiza ku bwoba ko hagiye kwaduka intambara muri ako karere, nyuma y’uko Israel yishe abakuru b’imitwe ya Hezbollah na Hamas.

Ibi ni ikimenyetso cy’icyemezo cya Amerika cyo gufasha Israel mu gitero cyose yagabwaho na Iran – aho Austin yavuze ko Amerika “yafata ingamba zose zishoboka” mu kurwana ku nshuti yayo.

Iran irimo gukurikiranwa cyane ku kintu cyose cyagaragaza ngo ni ryari kandi ni gute yaba izasubiza Israel ku rupfu rwa Ismail Haniyeh wari umukuru wa Hamas wiciwe i Tehran tariki 31 Nyakanga 7.

Iran ishinja Israel kwicira Haniyeh ku butaka bwayo, kandi abategetsi bayo barahiye ko bazayihana. Israel ntacyo yavuze ariko byemerwa cyane ko ari yo iri inyuma y’urupfu rwa Haniyeh.

Mu itangazo ku cyumweru, Pentagon (ministeri y’ingabo za Amerika) yavuze ko Austin yohereje muri kariya karere ubwato bw’intambara bugendera munsi y’amazi bwitwa USS Georgia.

Ko kandi yategetse ubwato bw’intambara USS Abraham Lincoln butwaye indege kabuhariwe z’intambara za F-35C, kwihuta kurushaho mu rugendo burimo bwerekezayo.

Kugeza ubu ntibizwi neza icyo Iran irimo itegura gukora.

Hagati aho, igitero kuri Israel gishobora no guturuka kuri Hezbollah, umutwe wo muri Liban ufashwa na Iran.

Uyu mutwe, na wo warahiriye guhorera umukuru wawo Fuad Shukr wishwe na Israel ari i Beirut, amasaha macye mbere y’uko Haniyeh yicirwa i Tehran



Izindi nkuru wasoma

Abanyeshuri batagereye kugihe ku bigo by’amashuri bigaho bagaragaje imbogamizi bahuye nazo.

Rusizi:Mu ngo 1000 zabanaga mu makimbirane izisigaye ni 400

M23 yasakiranye na FARDC yigarurira uduce dutatu muri Masisi

Imirwano yongeye kubura muri DRC mu gihe ibiganiro bigamije amahoro byakomeje muri Angola

Ubutasi bwa Amerika bwavumbuye igihugu giherutse kwinjira mu mabanga ya Donald Trump



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-08-12 16:31:16 CAT
Yasuwe: 55


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/USA-yohereje-amato-rutura-nindege-byintambara-mu-burasirazuba-bwo-hagati-mu-gihe-Iran-ishaka-kwihorera.php