Uzavuga ko aya matora yagenze nabi azaba abeshye-Indorerezi zavuye mu mahanga
Indorerezi z’imiryango itandukanye zakurikiranye amatora ya perezida n’abagize inteko ishingamategeko zatangaje ko muri rusange amatora yo mu Rwanda yagenze neza nubwo zitanga inama yo gukosora “bicye” zivuga ko zabonye bitagenze neza.
Itsinda ry’indorerezi 26 z’ihuriro ry’abagize Inteko zishinga amategeko mu muryango uhuza ibihugu bya Afurika y’ibiyaga bigari n’amajyepfo, ICGLR, ryatangaje ko ryageze ku biro by’itora bitandukanye mu ntara z’u Rwanda zitegereza uko amatora arimo kugenda.
Asoma raporo y’iri tsinda rya ICGLR, Moses Moyo visi perezida wa kabiri w’inteko ishinga amategeko ya Zambia, wari ukuriye ubutumwa bw’iri tsinda, yavuze ko “amatora yabaye mu ituze n’amahoro”, ko “nta biyahungabanya ku biro by’itora” babonye, kandi bashimye ko 70% by’abakozi ku biro by’itora bari abagore.
Izi ndorerezi zashimye gufasha abantu b’intege nke gutora byihuse, gukoresha ikoranabuhanga mu kumenya abari kuri liste y’itora, kandi ko abantu batoraga mu ibanga mu tuzu tw’itora.
Gusa raporo y’izi ndorerezi ivuga ko hamwe na hamwe zageze hari “ibintu bice” bitanoze zabonye.
Moses Moyo ati: “Nubwo muri rusange amatora yabaye kinyamwuga, hari bicye kandi ahantu hacye bitagenze neza twabonye, aho udusanduku tumwe tw’amajwi tutari dufunze neza, n’aho impapuro zimwe z’itora zitari zifite imibare iziranga”.
Mathieu Sarandji wari mu bakuriye iri tsinda ry’indorerezi, akaba n’umukuru w’inteko ishinga amategeko ya Centrafrique, yavuze ko Abanyarwanda “batanze urugero rwiza ko Abanyafurika na bo bazi gutegura amatora nyayo”.
Sarandji yagize ati: “Uretse kuba umunyapolitike ndi n’umwalimu wa kaminuza, ikintu cyiza ndakivuga, n’ikintu kibi nkakivuga…uzavuga ko aya matora yagenze nabi azaba abeshye”.
Mu itangazo indorerezi z’umuryango w’Ubumwe bwa Africa (AU) zafatanyije n’iza COMESA zasohoye uyu munsi, na zo zavuze ku munsi w’itora “gutora byabaye mu mahoro kandi kuri gahunda, bikomeza kumera bityo nta kirogoya umunsi wose, ndetse n’ahari imirongo miremire”.
Izi ndorerezi za AU na COMESA zavuze ariko ko zabonye ko “indorerezi nyinshi ku biro by’amatora zari iz’ihuriro riri ku butegetsi”, izo ni indorerezi z’ishyaka FPR-Inkotanyi n’amashyaka afatanyije na ryo.
Mu matora amashyaka aba yemerewe kugira indorerezi ku biro by’amatora.
Mu byo izi ndorerezi za AU na COMESA zivuga ko zashimye harimo ko u Rwanda ari “kimwe mu bihugu bicye bya Africa bikoresha amatora 100% n’ingengo y’imari yabyo”, kandi zashimye ko ku bitaro bimwe na bimwe hashyizwe ibiro by’amatora mu gufasha abarwayi gutora.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show