Corneille Nangaa yasabye abanye-Congo bahunze kugaruka bagahabwa umutekano
Umuhuzabikorwa w’ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) ryibumbiyemo imitwe ya politiki n’iyitwaje intwaro nka ARC/M23, Corneille Nangaa, yahamagariye abanye-Congo bavuye mu byabo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhunguka, abakijujubywa n’intambara za FARDC abibeza ubutabazi mu bihe bidatinze.
Yabigarutseho mu gusoza amahugurwa y’abayobozi ba Politike n’aba gisirikare ba AFC/M23 yabereye i Rutshuru.
Nangaa yagaragaje ko Leta ya RDC yirengagije abaturage bo mu bice bya Goma, Butembo, Beni, Ituri n’ahandi ku buryo bicwa umunsi ku munsi ntigire icyo ibikoraho.
Ati “Guverinoma ya Kinshasa yarabibagiwe. Ni byiza ko AFC ije kubaha umutekano.”
Yahamije ko abakuwe mu byabo n’intambara ishyamiranyije ingabo za FARDC n’imitwe bafatanyije na M23 babaga mu bice bya Nyiragongo, Rutshuru, Masisi basubira mu ngo zabo kuko hari amahoro n’umutekano.
Ati “Nta mirwano ihari, n’abari batangiye guhunga nimugaruke imuhira murarindwa ariko n’abafite ibibazo by’umutekano i Beni, abatabasha gusarura imyaka yabo kubera abarwanyi ba ADF cyangwa ingabo za FARDC zibajujubya nimutuze, AFC iraje hamwe n’ingabo zayo zibahe amahoro n’umutekano.”
“Icyo dukeneye ni ukuba umwe. Nta Mututsi, nta Munandi, nta Muhutu, nta Munyanga, twese turi Abanye-Congo.”
Yahamije ko impinduka barwanira zitagomba gukomwa mu nkokora n’uwo ari we wese kandi zigatangirira i Rutshuru.
Umuyobozi w’Ingabo za M23, Maj. Gen. Sultan Makenga yatangaje ko RDC imaze imyaka irenga 60 yarangijwe n’umwanda w’imiyoborere mibi, urugamba barimo rukaba rugamije impinduka zikuraho ibyo bibazo.
Ati “Igihugu cyacu cyarangiritse, kimaze igihe kirekire mu mikorere mibi. Ni akazi gakomeye cyane. Igihugu kimaze imyaka ibarirwa muri 60 kiri mu bibazo bikomeye. Murumva byoroshye kuzana impinduka mu gihugu kimaze mu bibazo imyaka ingana gutyo?”
“Bagenzi banyu baratangiye, abandi barakomeje namwe mugiye gushyiraho umusanzu wanyu, turawutegereje kandi muzi ibikenewe kugira ngo intego dufite igerweho.”
Yahamije ko kugira ngo intego bafite igerweho bisaba ubufatanye hagati y’ingabo n’abandi.
Ni mu gihe hashize iminsi mike M23 na FARDC n’imitwe bafatanyije ku rugamba irimo na FDLR bemeranyijwe ku gahenge k’ibyumweru bibiri kasabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Iyi ntambwe yatewe nyuma y’uko M23 ifashe agace ka Kanyabayonga, kari kabanjirijwe n’utundi twinshi twiganjemo uducukurwamo amabuye y’agaciro.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show