Uganda:Abaturage bananiwe kwivana mu bukene bagiye kujya bashikirizwa Polisi
Minisitiri w'intebe wa Uganda Robinah Nabbanja, yatangaje ko ntacyo Leta itakoze kugirango ubukene bucike muri icyo gihugu ,bityo abaturage basigaye mu bukene bagomba gushikirizwa polisi bagatanga ibisobanuro.
Ibi yabivuze mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Masaka tariki ya 30 Kamena rwari rugamije kureba niba abaturage bahawe amabati barayakoresheje icyo yateganirijwe.
Robinah yabanje kunenga abayobozi batanze amabati 8 kandi Leta yari yarageneye buri muturage amabati 26.
Robinah yanavuze ko nubwo abayobozi bo mu nzego zibanze bakora nabi hari abaturage baba badashaka kwikura mu bukene uhubwo bagahora bahanze amaso Leta.
Kubera iyo mpamvu Robinah yavuze ko abaturage badashaka kwikura mu bukene Leta izakoresha imbaraga mu kubakura muri ubwo bukene.
Ati"Guverinoma ntacyo itakoze ariko abaturage banze kuva mu bukene.Niba badashaka kuva mu bukene ku neza tuzabakuramo ku mbaraga.Tuzabajyana kuri polisi musobanure impamvu mudakira kandi abavandimwe banyu bakize."
Bamwe mu banya-Uganda bakoresha imbuga nkoranyambaga bavuzeko amabagambo ya Robinah Nabbanja arimo agashinyaguro kuko atazi neza ukuntu abakene banyura mu nzira y'umusaraba ishaririye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show